Gambie: Uwahoze arinda Jameh yafatanwe intwaro ku musigiti Perezida Barrow asengeramo

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bahoze ari abasirikare ba hafi b’uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Gambia, Yahyamo Jameh aherutse hufatirwa iruhande rw’umusigiti uri mu murwa mukuru wa kiriya gihugu Banjul, aho perezida mushya Adama Barrow asanzwe asngera, bikaba bikwekwa ko uyu musirikare yashakaga kugaba igitero kuko yari afite n’imbunda byongeye akaba yarafashwe mu masaha yo gusenga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikinyamakuru jeunafrique dukesha iyi nkuru kivuga ko uyu musirikare witwa Babucarr Njie yafashwe ku wa 5 w’icyumweru gishize ari inyuma y’umusigiti wa King Fahd de Banjul, afite imbunda nto ya Pistore irimo n’amasasu 8 yayihishe ku buryo bigaragara ko hari uwo yari ateze.
Uyu musirikare w’imyaka 32 y’amavuko, acumbikiwe na Polisi yo muri kiriya gihugu mu gihe hagikorwa iperereza ko nta bandi bantu bari kumwe baba bari mu mugambi w’iterabwoba cyangwa ubundi bugizi bwa nabi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *