Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 37 y’amavuko wakoraga akazi ko mu rugo ukurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 9 w’aho yakoraga.
Uwo musore yafashwe ku itariki ya 17/09/2025, mu Mudugudu wa Akamamana, Akagali ka karuruma, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, afatirwa mu rugo yakoragamo.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko akurikiranweho kuba mu bihe bitandukanye by’ukwezi kwa 08/2025 yarasambanyije uyu mwana.
Byamenyekanye ko asambanya uyu mwana, ubwo umuturanyi wabo yarebaga muri Terefoni y’uwo musore agasangamo amashusho yafashe ari gusambanya uwo mwana.
Mu ibazwa rye, uregwa yemeye icyaha; asobanura ko yatangiye gusambanya uwo mwana mu kwezi kwa 08/2025 kandi ko byose yabitewe n’inzoga, abisabira imbabazi.
Icyaha cyo gusambanya umwana akurikiranweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 14 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.



One Response
Nabambwe nabambwe!