Minisitiri w’Umurimo n’ubwikorezi muri Uganda, Gen Katumba Edward Wamala, yashimye Imana yamukingiye akaboko nyuma y’umwaka umwe abicanyi bagerageje kumwivugana.
Muri Kamena umwaka ushize ni bwo imodoka yari itwaye uyu mujenerali w’inyenyeri enye yagabweho igitero n’abicanyi ubwo yari igeze mu gace ka Kisasi i Kampala.
Umukobwa we Brenda Nantongo ndetse n’umushoferi we Haruna Kayondo bari kumwe muri iyi modoka bararashwe barapfa, gusa we aza kurokoka nyuma yo kuraswa amasasu menshi mu kaboko.
Ejo ku wa Gatandatu ni bwo Gen Katumba yateguye igiterane cyo gushima Imana yashoboye kumurokora cyabereye mu karere ka Mukono.
Uyu mugabo yavuze ko nyuma ya ririya sanganya yagize umwaka ugoye cyane ndetse binatuma atandukana n’uko yari abayeho mbere.
Ati: “Mpagaze imbere yanyu ngo mbahe ubuhamya bw’uko Imana ari inyembabazi n’inyampuhwe. Ni ku bw’impuhwe zayo kuba kuri ubu ntitwa nyakwigendera Katumba. Ndashima Imana cyane.”
Gen Katumba kandi yanashimiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, avuga ko yamubaye hafi mu bihe bigoye yarimo.
Yashimye kandi Guverinoma ya Uganda, abaganga ndetse n’abaturage b’iki gihugu kubera iko bamubaye hafi muri biriya bihe.
Ati: “Nari naragiriwe inama yo kutajya mu ruhame, ariko ku bw’impuhwe z’Imana nzagumya kurokora ubumuntu. Nzakomeza kwagura urukundo ku bandi bantu kandi nzakomeza kurokora nshishikaye.”


