Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yagize Général de Brigade Byamungu Maheshe Bérnard uheruka gutoroka Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za M23.
M23 yemeje aya makuru mu itangazo Bisimwa yashyizeho umukono ku wa Gatanu tariki ya 13 Mutarama.
Gén de Bde Byamungu yahawe ziriya nshingano nyuma yo kuzamurwa mu ntera avanwe ku ipeti rya Colonel. Yazamuranwe mu ntera na Col Mboneza Yusufu ufatwa nk’uwa kabiri ukomeye mu gisirikare cya M23, nyuma y’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’uwo mutwe, Gén. Sultani Makenga.
Byamungu muri 2012 yigeze gufungirwa muri gereza y’igisirikare cya Congo azira kuba umwe mu bari bagize M23, afungurwa mu 2019 amaze guhabwa imbabazi na Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wari ukimara kujya ku butegetsi.
Icyo gihe n’ubwo yafunguwe, yategetswe kutajya arenga imbibi z’umurwa mukuru w’igihugu, Kinshasa, akomeza gufungishwa ijisho n’igisirikare cyagombaga kumenya umunsi ku wundi niba akiri aha hantu.
Tariki ya 17 Nzeri 2022 Gén de Bde Byamungu yaratorotse, ajya mu burasirazuba bw’igihugu aho byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera i Kinshasa ko yasubiye muri M23 imaze hafi umwaka isubukuye imirwano n’ingabo za Leta.
Uyu musirikare bivugwa ko ari inshuti magara ya Général Sultani Makenga, ndetse ngo hari harahozeho impungenge z’uko yashoboraga gutoroka Kinshasa, agasubira kwiyunga na we.


