Gicumbi: RIB yafunze umugabo ukekwaho gusambanya umukobwa we

Sangiza iyi nkuru

Mu Murenge wa Rutare w’akarere ka Gicumbi, RIB ihafungiye umugabo w’imyaka 44 ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15.

Inkuru ya Igihe ivuga ko uyu mugabo ukekwa gusambanya umwana we, ngo ashobora kuba yarabikoze umugre we yagiye kwa muganga kurwaza mugenzi we.

Tariki ya 22 Nzeri 2020 ni bwo inkuru yasakaye, ubwo umugore w’uyu mugabo yavaga ku bitaro kurwaza mugenzi we wari wabyaye, ageze mu rugo iwe agasanganirwa n’umukobwa we arira amubwira ko se amaze kumusambanya, uyu mubyeyi agahita yitabaza inzego z’ubuyobozi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yashimangiye ko ukekwaho gusambanya umwana we yatawe muri yombi ngo hakomeze gukusanywa ibimenyetso.

Yagize ati: “Yatawe muri yombi tariki 22 Nzeri uyu mwaka, akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 15, uyu mwana akaba ari uwo yibyariye.’’

Yavuze ko yahise yoherezwa kuri Isange One Stop Center ngo ahabwe ubutabazi bw’ibanze kugira ngo “niba hari n’ibindi bimenyetso byadufasha mu Bugenzacyaha no mu bushinjacyaha nabyo bifatwe.’’

Yagiriye inama Abanyarwanda muri rusange kubaha umwana kuko ibihano byakajijwe.

Dr. Murangira yibukije ko Abanyarwanda bakwiye gucika ku ngeso mbi yo guhishira aho ibyaha byabereye kuko hakiri hamwe na hamwe bikigaragara.

Kugeza ubu ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rutare, aho akiri mu kato mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Gusambanya umwana bihanishwa ingingo ya 133 y’itegeko riteganya ibihano n’ibyaha muri rusange, aho uwahamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarengeje imyaka 25.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *