Bamwe mu bacuruzi ba mobile money mu Mujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru batawe muri yombi kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Ukwakira 2025, bazira ko gusigarana 5% cyangwa arenga kuri buri kubikuza amafaranga.
Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Goma, Désiré Ngabo Kisuba, arahamagarira abaturage kuba maso no gutanga raporo ku byaha nk’ibi.

Ati: “Abadashaka kubahiriza amategeko bazahura n’imbaraga z’amategeko.” Yongeyeho ko ubuyobozi bukomeje kwiyemeza kurinda abaturage ubujura n’uburiganya bwose mu Mujyi wa Goma.
Gukata 5% kugeza 7% by’amafaranga umuntu abikuje kuri mobile money byabujijwe nyuma y’uko Njyanama y’Umujyi wa Goma ifashe ingamba nshya zerekeye abacuruzi ba mobile money.

Ibiciro byo kubikuza byashyizweho ku mugaragaro kuri TMB na Equity, ndetse no ku yindi miyoboro yo kohererezanya amafaranga.
Iki cyemezo kigamije guca burundu gukatwa amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko igihe umuntu abikuza amafaranga ye no kurinda abaturage ibyo bikorwa byo gukabya.


