Gutabwa muri yombi ni nko kwambikwa ikamba- Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishyaka, National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yabwiye abarwanashyaka ko badakwiriye kugira ubwoba bwo gutabwa muri yombi, kuko iyo bibayho ari nko kwambara ikamba (Engule).

Ibi biri mu butumwa bwihariye Bobi Wine yageneye abo muri NUP nyuma y’aho bamwe bari bafashwe, barekuwe n’urukiko rwa gisirikare.

Bobi Wine kuri ubu uri hanze ya Uganda, ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko urugamba rwo guhindura ubutegetsi rugikomeza gusa ateguza ko bitazaba byoroshye. Ati ” Gutabwa muri yombi ni nko kwambara ikamba, Ntimugire ubwoba.”

Akomeza agira ati ” Mbere y’uko intsinzi igerwaho, bamwe bazafungwa, abandi bakorerwe iyicarubozo, abandi bicwe. Gusa abasigaye dukwiriye kugira icyizere ko ubwo bubabare n’uburibwe ari imbuto zivamo ukwishyira ukizana kw’abatsikamiwe. Tuzatsinda.”

Bobi Wine aratangaza ibi nyuma y’aho bamwe mu bantu be bari barafashwe, barekuwe by’agateganyo.Ni abarimo umuhanzi, Ali Bukena alias Nubian Li, umurinzi we, Eddy Ssebufu alias Eddie Mutwe na Producer Daniel Brenny Oyerwot alias Dan Magic.

Bobi Wine yagiye atabwa muri yombi mu bihe bitandukanye. Ku rundi ruhande, byagaragaye ko kumufata biteza akavuye cyane i Kampala, ahaherutse kugwa abagera kuri 52 ubwo yari yafashwe.

Ni ingingo yatumye Ubwami bwa Buganda buvuga ko hari kwicwa abayoboke babwo, ibyatumye Mengo na Kampala basa nk’abatarebanye neza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *