Guverineri Gatabazi yashinje FERWAFA kurenganya Gicumbi FC

Sangiza iyi nkuru

Guverineri w’Intara y’Amajyaguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yashinje Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuranganya Gicumbi FC.

Ni nyuma y’aho Inteko Rusange y’iri shyirahamwe yakoze inama tariki ya 17 Ukwakira 2020, igafata umwanzuro ntakuka ko iyi kipe yo mu Karere ka Gicumbi igomba kumanuka mu cyiciro cya kabiri, hamwe na Heroes FC, kikaba ari icyemezo cyaje gishimangira icyo FERWAFA yari yarafashe muri Gicurasi 2020, kigateza impaka.

Icyo Guverineri Gatabazi ashingiraho avuga ko FERWAFA yarenganyije Gicumbi FC ni ukuba iyi kipe imanuwe mu cyiciro cya mbere kandi umwaka w’imikino wa 2019/2020 utari wakarangiye, kuko cyasubitswe bitewe n’icyorezo cya Covid-19, shampiyona igezemo hagati.

Mu butumwa uyu muyobozi yanyujije ku rubuga rwa Twitter, yagize ati: “Ibi bintu byatubabaje kandi amakuru twari tuzi n’uko rwose hari benshi bemeraga ko tutagomba kurenganywa rwose ngo Gicumbi imanuke kandi championat itarangiye. Ntaho byabaye rwose.”

Imwe mu mpamvu abakunzi ba Gicumbi FC nka Guverineri Gatabazi bashingiraho bavuze ko habayemo akarengane, ni urubanza ikipe yo mu Bubiligi, Waasland Beveren ikinamo Umunyarwanda Djihad Bizimana, yatsinze nyuma yo kumanurwa mu cyiciro cya kabiri ariko kubera ko umwaka w’imikino utari wakarangiye, yaharutse mu cyiciro cya mbere.

Ariko kandi n’ubwo Guverineri Gatabazi yemeza ko ikipe akunda yarenganyijwe, ngo nta gucika intege. Ati: “Ariko ntituzacika integer mu Majyaruguru duhorana icyizere.”

Gicumbi FC imanutse mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona yari imaze imyaka 7 mu cya mbere, kuko mu 2013 ni bwo yazamukanye na Esperance.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *