Habonetse ubundi bwoko bwa Covid-19 muri Afurika y’Epfo burusha ubukana Delta

Sangiza iyi nkuru

Abahanga mu bya Siyansi bo muri Afurika y’Epfo babonye indi virusi ya Covid-19 yihinduranyije bise B.1.1.529, bavuga ko burusha ubukana indi yihinduranyije ikitwa Delta, nayo yari ikaze mu buryo bwo gukwirakwira.

Iyi virusi B.1.1.529 yabonywe na n’itsinda ry’abahanga bayobowe na Prof Tulio de Oliveira, wa laboratwari yo muri Afurika y’Epfo yitwa KRISP iri mu Ntara ya Kwa Zulu-Natal.

Yagize ati ” Ibintu bimwe byiza twavuga uyu munsi ni uko twavumbuye iyi virusi hakiri kare. Dushobora kugira icyo tuvuga ku cyo ibi bitwereka. Mu minsi iri imbere nibwo tuzatangaza byinshi kuri iyi ngingo.”

Aba bahanga bavuga ko kuba B.1.1.529 yaba irusha ubukana Delta, hari ibimenyetso bibihamya nk’uko babitangarije mu kiganiro aba bahanga bari bahuriyemo, bemeza ko ari yo iri gukwirakwira cyane mu gace ka Johannesburg ndetse ikaba iboneka mu bice bimwe by’Intara ya Gauteng.

Uretse aha kandi, hari ubwandu bune bwabonetse muri Botswana n’umwe mu bagenzi bari bavuye muri Afurika y’Epfo bapimiwe i Hong Kong.

Kugeza ubu abantu 1,000 muri Afurika y’Epfo barapimwe basangwamo B.1.1.529

Hari kandi ubwandu buke bwagiye buboneka mu zindi ntara za Afurika y’Epfo, ingingo yerekana ko B.1.1.529 iri gukwirakwira cyane kurusha Delta, yatumye ibihugu byinshi bijya mu nkundura za kabiri cyangwa iza gatatu za Coronavirus.

Aba bahanga bakubiye muri Africa’s world-class Network for Genomic Surveillance (NGS-SA) bavuze ko ” Byaba hakiri kuvuga uko yandura cyane.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *