Polisi mu Karere ka Iganga muri Uganda, bafashe umugabo ukekwaho kwinjira mu ngo z’abaturage, arunguruka abagore bari kwiyuhagira. Uyu utuye mu cyaro cya Nkatu nk’uko abaturage babwiye Daily Monitor, yafotoraga ayo mafoto mu rwego rwo kugira ngo azamure ubushake bwo gutera akabariro. Ayo mafoto yayifashishaga mu kongera ubushake agirira umugore we mu buriri. Muzamiru Ndoga, ufite mushiki we warungurutswe, avuga ko abagore bamaze igihe bavuga ko barungurukwa.


