1614393524759_haiti_prison_16-9_20475072_2051310_20210227130232d5e83043-3fec-4513-9eef-383af9dfafa5.jpg_sd_1280x720.jpg

Haiti: Imfungwa zisaga 400 zatorotse, abantu 25 barimo umuyobozi wa gereza barahagwa

Sangiza iyi nkuru

Imfungwa zisaga 400 kuri uyu wa Gatanu zari zikiruka nyuma yo gutoroka gereza yo mu gihugu cya Haiti, mu gutoroka kwaranzwe n’ubugizi bwa nabi bukabije bwasize abantu 25 barimo n’umuyobozi wa gereza bishwe.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa byerekanye byibuze imirambo itatu irambaraye hanze ya gereza kuwa Kane na zimwe u mfungwa zafashwe mu zari zatorotse.

“Abantu 25 bapfuye barimo imfungwa esheshatu n’umugenzuzi w’ishami, Paul Hector Joseph wari ukuriye gereza,” uyu ni umunyamabanga ushinzwe itumanaho muri Haiti, Frantz Exantus, kuwa Kane ubwo yemezaga ko benshi mu batorotse bakihishe mu nkengero z’umurwa mukuru, Port-au-Prince.

1614393524759_haiti_prison_16-9_20475072_2051310_20210227130232d5e83043-3fec-4513-9eef-383af9dfafa5.jpg_sd_1280x720.jpg

Exantus yakomeje avuga ko mu bapfuye harimo n’abaturage basanzwe bishwe n’imfungwa ubwo zari zirimo gutoroka. Mu kiganiro n’itangazamakuru, uyu yavuze ko imfungwa 1125 mu mfungwa 1,542 zari ziri muri gereza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

Umwe mu mfungwa zapfuye yari umuyobozi w’agatsiko k’abagizi ba nabi witwa Arnel Joseph, warasiwe kuri uyu wa Gatanu kuri bariyeri ya polisi mu birometero 120 uvuye aho gereza iri. Yarashwe ubwo yageragezaga kurwanya umupolisi wari uhagaritse moto yari ariho.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *