Haiti: Minisitiri w’Intebe yizeye kongera gufata igihugu mu biganza nyuma yo kuhagera kw’abapolisi ba Kenya

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 25 Kamena, Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Garry Conille, yemeje ko bagiye kongera kugenzura igihugu nyuma y’uko abapolisi ba Kenya basesekaye muri iki gihugu.

Itsinda rya mbere ry’abapolisi ba Kenya ryageze mu murwa mukuru wa Haiti kugira ngo ritangire ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bwari bumaze igihe butegerejwe muri iki gihugu cya Karayibe ubu bivugwa ko kigenzurwa 80% n’udutsiko tw’ibyigomeke.

Minisitiri w’intebe wa Haiti, Garry Conille, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nkuko tubikesha Reuters yagize ati, yagize ati: “Ingabo mpuzamahanga ziri hano kugira ngo zidushyigikire ndetse n’abapolisi bacu.”

Ubu butumwa bwasabwe bwa mbere na guverinoma yahoze muri Haiti mu 2022. Inkunga yaratinze, bituma uwabanjirije Conille yegura mu ntangiriro za Werurwe. Yari yagiye i Nairobi gusaba inkunga y’Abanyakenya ntiyagaruka mu gihugu nyuma yo kubwirwa ko azicwa.

Conille yongeyeho ati: “Leta izagarura ubutegetsi kandi ishimangire ububasha bwayo kugira ngo Abanyahayiti bose babane mu mahoro muri iki gihugu.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *