Haruna Niyonzima hamwe n’abarimo Messi na Cristiano ku rutonde rwa FIFA Century Club

Sangiza iyi nkuru

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, ari ku rutonde rwa FIFA Century Club kumwe hamwe n’ibihangange bitandukanye ku Isi muri ruhago.

Ni urutonde rushyirwaho abakinnyi bakinnye byibura imikino 100 kuzamura bakinira amakipe y’ibihugu byabo.

Haruna w’imyaka 31 y’amavuko, ari kuri uru rutonde nyuma yo gukina imikino 104 yambaye umwambaro w’Amavubi, kuva muri 2006 ubwo yayikiniraga umukino we wa mbere.

Uyu mugabo ukomoka i Rubavu ni we mukinnyi wenyine w’Umunyarwanda washoboye kugeza byibura mu mikino 100 yambaye umwambaro w’ikipe y’igihugu.

Umunya-Malaysia Datuk Wira Soh Chin Ann wakiniye ikipe y’igihugu cye imikino 195 ni we uyoboye uru rutonde.

Mu bagukina baruriho harimo Cristiano Ronaldo umaze gukinira Portugal imikino 182, Sergio Ramos umaze gukinira Espagne imikino 180, Gianluigi Buffon wakiniye u Butaliyani imikino 176, Iker Casillas wakiniye Espagne imikino 167 na Lionel Messi umaze gukinira Argentine imikino 156.

Abandi baruriho bazwi ni Diego Godin, Luka Modric, Alexis Sanchez, Javier Mascherano, JoĂŁo Moutinho, Xavi Hernández, Andres Iniesta, Cafu, Rafael Marquez, Robert Lewandowski, Roberto Carlos, Javier Zaneti, Lucas Podolski, n’abandi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *