Guhera kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata Guverinoma y’u Rwanda yatangije icyiciro cya kabiri cyo gutanga urukingo rwa Covid-19 ku bantu bahawe doze ya mbere. Mu Rwanda mu gihugu hose ubukangurambaga bwo gukingira Covid-19 bwatangiye mu ntangiriro za Werurwe bwakoresheje Pfizer na AstraZeneca, ebyiri mu nkingo zisaba abazihawe kubona doze ebyiri kugira ngo barinde umubiri wabo gufatwa na virusi.
Hano hari ibintu bitanu ushobora gukenera kumenya kubyerekeye igikorwa cyo gutanga doze ya kabiri:
1. Igikorwa kirahera ku bantu bahawe urukingo rwa Pfizer
Nyuma yo gukingirwa bwa mbere, abahawe urukingo rwa Pfizer bagomba gufata hagati y’iminsi 21 kugeza kuri 28 kugirango babone doze ya kabiri, bitandukanye na bagenzi babo bakiriye urukingo rwa AstraZeneca kandi bakeneye gufata hagati y’ibyumweru 8 kugeza kuri 12 mbere yuko babona doze ya kabiri.
Ibi bivuze ko igihe cyo kwakira doze ya kabiri kigeze kubakiriye Pfizer, mu gihe abakiriye AstraZeneca bagomba gutegereza indi minsi mike.
Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, abaturage barenga 290.000 babonye doze ya mbere bakingiwe na AstraZeneca mu gihe abandi 51.000 bahawe Pfizer.
2. Ntabwo ari ngombwa kujya aho waherewe doze ya mbere kuri doze ya kabiri
Avugana na The New Times dukesha iyi nkuru, Umuyobozi ushinzwe itumanaho mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Julien Niyingabira, yavuze ko ibisobanuro birambuye ku batewe urukingo mu cyiciro cya mbere byabitswe mu buryo bwa digitale kandi ko abaganga baboneka kuri sitasiyo zitandukanye aho ibikorwa byo gukingira bizabera.
Kubera iyo mpamvu, ntabwo bikenewe ko umuntu asubira ahantu yakingiriwe cyangwa guhura n’abantu nyabo bamukingiye.
3. Kumenyeshwa muri SMS
Ubutumwa bugufi buzoherezwa ku bantu bibutswa kujya gukingirwa bwa kabiri, n’aho bashobora kujya guhabwa urukingo. Abakozi ba Minisiteri y’ubuzima bakusanyije amakuru y’abantu mu cyiciro cya mbere cy’inkingo, urugero, nimero za terefone zifasha mu gukurikirana abaturage mu rwego rwo kubaha doze ya kabiri y’urukingo.
4. Ni ngombwa cyane kudacikanwa na doze ya kabiri
Doze ya kabiri yongera ubwirinzi bwa virusi, kandi nk’uko abaganga bavuga, ni ngombwa kudacikanwa. Mu gihe umuntu yacikanwa burundu, bishobora kuvuga ko agomba kongera gusubiramo kwikingiza bundi bushya.
5. Itariki doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca izatangirwa ntiratangazwa
Minisiteri y’ubuzima ivuga ko amatariki yo gutanga doze ya kabiri ku bahawe AstraZeneca azamenyeshwa mu minsi iri imbere. Ariko, biteganijwe ko bitazatinda kuva ibyumweru 8 kugeza 12 bisabwa hagati ya doze zombi byenda kurangira.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


