Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Mata byitezwe ko avugira ijambo mu mujyi wa Goma.
Kabila ari muri uyu mujyi kuva ku wa Gatanu w’iki cyumweru, nyuma yo kuwugeramo avuye i Harare muri Zimbabwe yari yarahungiye muri 2024.
Mbere yo kuza i Goma, ku wa Kabiri tariki ya 8 Mata yari yatangaje ko agomba kugaruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko igihugu cyifashe nabi mu rwego rw’umutekano “no mu zindi nzego zose z’ubuzima bw’igihugu”, kugira ngo afashe gushaka ibisubizo.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri ubu yugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo birimo umutekano muke, by’umwihariko mu burasirazuba bw’iki gihugu ahakomeje kubera intambara ikomeje gusakiranya ingabo z’iki gihugu n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Kabila ushinja ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi yasimbuye kuba nyirabayazana y’ibibazo byugarije Congo, mu ijambo rye byitezwe ko ashobora gutanga umurongo w’uko RDC ishobora kubyigobotora.
Joseph Kabila Kabange wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2018, ari i Goma mu gihe uyu mujyi ugenzurwa n’umutwe wa M23 wigeze gugangana n’ubutegetsi bwe hagati ya 2012 na 2013.
Kuri iki Cyumweru byitezwe ko avugira ijambo muri uriya mujyi, mu gihe Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko igiye gutangira kumukurikirana mu butabera imushinja ubugambanyi bwo mu rwego rwo hejuru.
Kinshasa kandi yatangaje ko igiye gufatira imitungo ye yimukanwa ndetse n’itimukanwa, ndetse Leta ya Congo yanemeje ko yamaze guhagarika mu gihugu ibikorwa by’ishyaka rye rya PPRD-FCC.
Byitezwe ko Kabila mu ijambo rye ashobora no kuvuga kuri izi ngamba yafatiwe na Leta ya Congo.
Hari amakuru anavuga ko umunyapolitiki Moïse Chapwe Katumbi na we utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC ashobora guhurira i Goma na Joseph Kabila.
Aba bombi mu Ukuboza 2024 bari bahuriye i Addis-Abeba muri Ethiopia, biyemeza gufatanya gushakira hamwe umuti w’ibibazo byugarije Congo.


