HCR yagaragaje impamvu idashyigikiye kohereza mu Rwanda abashaka ubuhungiro mu Bwongereza

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 06 Nzeri, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, ryabwiye urukiko mu Bwongereza ko u Rwanda “rudafite uburyo bujyanye n’ibyo gutanga ubuhungiro bworoshye, bwizewe, buboneye kandi bunoze ”.

Laura Dubinsky, wo muri UNHCR, yagize ati: “Hariho inenge zikomeye muri gahunda yo kugena status y’impunzi mu Rwanda.”

Yongeyeho ati: “Nta cyizere gifatika cyo kwisubiraho aho inenge zimenyekana ariko zikangwa na Guverinoma y’u Rwanda.”

Nyuma yaho, Madamu Dubinsky yavuze mu nyandiko yanditse ko iyi politiki ari “gahunda yo kugurana imitwaro” izatera ibyago bikomeye byo kwangwa, ko abantu bakwirukanwa cyangwa bagasubizwa mu gihugu ubuzima bwabo n’umutekano bishobora kuba mu kaga, kandi ko binyuranyije n’amasezerano agenga impunzi abuza guhana impunzi zinjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Laura Dubinsky usanzwe ari n’umwunganizi mu by’amategeko yashoje agira ati: “UNHCR iricuza, cyane cyane ku bijyanye na kimwe mu bihugu byashinze amasezerano y’impunzi, kandi ni ngombwa ko iburira (HCR) ko gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda idahuye n’inshingano z’ibanze z’u Bwongereza mu Masezerano y’impunzi.”

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo mu Bwongereza nka The Independent, abacamanza mbere bumvise ko UNHCR iri mu Rwanda kuva muri Gicurasi 1993, aho abantu barenga 300 bahakoreraga kugeza muri Kamena uyu mwaka.

Mu nyandiko yanditse, Madamu Dubinsky yavuze ko abayobozi bo mu biro bishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu “bemeje ko nta bundi bugenzuzi bwigenga bwerekeranye n’iki cyemezo bwakorewe mu Rwanda”.

Yakomeje avuga ko ubusabe bumwe bw’ubuhunzi bwangwa mu buryo budakwiye n’ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka mu Rwanda (DGIE) batabanje kubitekerezaho neza, “

Ati: “Kuba igice cya sisitemu y’ubuhungiro mu Rwanda rimwe na rimwe gikorera hanze y’amategeko y’u Rwanda… byongera cyane ibyago byo gufata ibyemezo uko bishakiye”.

Urukiko ariko rwumvise ko Guverinoma y’u Rwanda ihakana ko DGIE ifata ibyemezo nk’ibyo.

Abunganira abasaba ubuhungiro n’abagiraneza bavuze ko muri Werurwe UNHCR yagaragarije abayobozi bo mu biro bishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu impungenge ku bijyanye no kwita ku basaba ubuhungiro baturuka mu Burasirazuba bwo hagati cyangwa abaryamana bahuje ibitsina.

Bavuze ko UNHCR yatangaje ko abasaba ubuhungiro baturuka mu Burasirazuba bwo Hagati “banze mu busabe bwabo” ubuhungiro mu Rwanda kandi 100% by’Abanya-Afghanistan, Syria na Yemeni batabikozwa.

Umunyamategeko Raza Husain, kimwe n’imiryango nterankunga bongeyeho ko Umuryango w’Abibumbye “wakiriye amakuru avuga ko abasaba ubuhungiro baryamana n’abo bahuje ibitsina badashobora kwandikisha ibirego byabo bishingiye ku miterere yabo kuko ibyo bavuga biri mu magambo ”.

Urukiko na none rwumvise ko Guverinoma y’u Rwanda ihakana kwanga abasaba ubuhungiro baryamana n’abo bahuje ibitsina ivuga ko iki kirego “atari ukuri”.

Ibiro bishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu bishyigikira ibivugwa n’u Rwanda bivuga ko amasezerano y’ubwumvikane yemeranijwe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda atanga icyizere ko abantu bose bazoherezwa bazaba batekanye kandi barinzwe.

Itsinda ry’abanyamategeko b’ibiro bishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, ririmo Lord Pannick QC na Sir James Eadie QC, na bo bavuze ko nta mpungenge z’uko abatazahabwa ubuhunzi mu Rwanda bakoherezwa mu gihugu bakomokamo.

Bagize bati: “Abasaba ubuhungiro ku giti cyabo bahawe amabwiriza yo koherezwa mu Rwanda babanje kwemezwa n’u Rwanda hagamijwe kwiga ku bibazo byabo bituma basaba ubuhunzi.

Ati: “Nta byago bafite byo kwangirwa kwinjira.”

Aba banyamategeko biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu batangira kujya impaka kuri iki kibazo, bongeyeho bati: “U Rwanda ntirujyana abantu ku gahato mu bihugu abo basaba ubuhungiro bakomokamo.”

Abunganira Guverinoma bongeyeho ko nta kibazo cyo gusubizwa iwabo mu buryo butaziguye kuko “igihugu cyonyine bashobora gusubizwamo ari u Bwongereza”.

Kumva iki kibazo mu rukiko biteganyijwe kumara iminsi itanu, inshuro ya kabiri kikazumvwa mu kwezi gutaha.

Muri uko kwezi ni nabwo hazatangwa icyemezo cya nyuma mu nyandiko.

Muri Mata, Priti Patel wari Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere mu Bwongereza yatangaje ko aya masezerano ya mbere bagiranye n’u Rwanda yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Bwongereza bahageze binyuranije n’amategeko, agamije guhagarika ibikorwa byo kwinjiza impunzi rwihishwa mu Bwongereza.

Ariko, indege ya mbere yagombaga kuzana mu Rwanda aba mbere batoranyijwe, yahagaritswe batangiye kuyigeramo ku itariki ya 14 Kamena ku mabwiriza y’urukiko, kuva icyo gihe kugeza ubu iki kibazo kikaba gikomeje kugonganisha inzego zitandukanye kireba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *