Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, ryasabye iperereza ryimbitse ku rupfu rw’impunzi ebyiri z’Abarundi zarashwe na Polisi y’u Rwanda mu rukerera rwo ku wa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2020.
Byabereye mu murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzania.
Mu Itangazo Polisi y’igihugu yasohoye ku munsi w’ejo, yavuze ko: “Ku wa Gatandatu mu rukerera ahagana saa cyenda n’igice ubwo abashinzwe umutekano bari ku irondo mu Murenge wa Mahama, mu Karere ka Kirehe, barashe ku itsinda ry’abinjizaga ibiyobyabwenge mu gihugu bambukiranya umugezi w’Akagera. Babiri muri bo bahasize ubuzima, nyuma biza no kumenyekana ko ari impunzi zo mu nkambi ya Mahama.”
Polisi y’igihugu ntiyasobanuye impamvu yahisemo gufata icyemezo cyo kurasa ziriya mpunzi.
Mu itangazo HCR yasohoye, yavuze ko yamenyeshejwe ko impunzi ebyiri z’Abarundi zarashwe zigerageza kwinjiza ibinini mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko.
HCR yavuze ko yababajwe cyane n’urupfu rwa ziriya mpunzi, isaba ko haba iperereza kugira ngo hamenyekane ikirwihishe inyuma.
Yagize iti: “HCR yifatanyije n’impunzi zo mu nkambi ya Mahama kandi iri gukorana n’abayiyoboye ndetse n’abahagarariye abandi mu kubungabunga umutekano no kuzifata mu mugongo mu gihe bakirindiriye iperereza riri gukorwa na Leta.”
Inkambi y’impunzi ya Mahama icumbikiwemo impunzi z’Abarundi zirenga 70,000, zahunze imvururu zishingiye kuri Politiki zabaye mu Burundi muri 2015.
Ni imvururu zatumye Abarundi barenga 400,000 bahungira mu bihugu bitandukanye byo mu karere, nyuma yo gutinya ko bashobora kugirirwa nabi bazira kuba baramaganye icyifuzo cya Pierre Nkurunziza wahoze ayobora u Burundi cyo kwiyamamariza manda ya gatatu.
Mu minsi ishize Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahamagariye impunzi z’Abarundi zahunze igihugu gutahuka, kugira ngo zifatanye n’abandi baturage kubaka igihugu, yemeje ko gikeneye abaturage bacyo bose.
Perezida Ndayishimiye yagize ati: “U Burundi ni icyari cya buri wese. Turahamagarira impunzi zose z’Abarundi kugaruka mu gihugu cyabo. Mu Burundi nta nyagupfa nta nyagukira, u Burundi buradukeneye twese. Amaherezo y’inzira ni mu nzu. Nimutahe iwanyu mukiri Abarundi bazima, kuko inkoko irara mu ishyamba bugacya yahindutse inkware.”
Ndayishimiye yijeje Abarundi ko agomba kubaka igihugu cyabo, kikagera ku rwego rwo kuba igihugu umuturage abona icyo akeneye cyose, ndetse akagira n’ubushobozi bwo kwihaza ku mafaranga akeneye.



2 Responses
HCR yasabye iperereza ryimbitse ku rupfu rw’impunzi z’Abarundi zarashwe na Polisi y’u Rwanda
Batashye iwabo da ,bakareka gukomeza kugwa ishyanga ?
HCR yasabye iperereza ryimbitse ku rupfu rw’impunzi z’Abarundi zarashwe na Polisi y’u Rwanda
Batashye iwabo da ,bakareka gukomeza kugwa ishyanga ?