Hon Donatille Mukabalisa yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Sangiza iyi nkuru

Hon. Mukabalisa Donatille yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku majwi 75 kuri 80 mu gihe Sheikh Musa Fazil yatorewe kuba visi perezida w’iyi nteko ushinzwe imari n’ubuyobozi ku majwi 76 kuri 80.

DnctYILXsAA40Jg DncvSncWwAAbN1e

Kuri uyu wa gatatu, itariki 19 Nzeri 2018 nibwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yayoboye umuhango w’irahira ry’abagize Inteko Ishingamategeko Umutwe w’Abadepite baherutse gutorwa. Muri 80 barahiye, 61,25 % ni abagore.

Dncta58XcAAmjQN

Abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite batoye Hon. Mukabalisa Donatille ku mwanya wa Perezida w’Umutwe w’Abadepite, n’amajwi 75 kuri 80, Sheikh Musa Fazil atorerwa kuba visi perezida w’iyi nteko ushinzwe imari n’ubuyobozi ku majwi 76 kuri 80, naho Hon Mukabagwiza Edda atorerwa kuba Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, n’amajwi 75 kuri 80.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko uyu Atari umuhango gusa ahubwo ari manda nshya itangiye kandi hagomba kubaho kwiyemeza gukora cyane. Ati: “ Abanyarwanda babagiriye icyizere ngo mubakorere munaganishe ku guhindura iki gihugu icyo Abanyarwanda bifuza kandi bakwiye .”

Umukuru w’igihugu yakomeje avuga ko hari abadepite bashya n’amashyaka binjiye mu nteko bagiye gufatanya n’abandi no gukorana mu guhindura igihugu.

Yagiriye abagize inteko ishinga amategeko gukomeza kuba hafi y’abaturage nk’uko babegereye babasaba kubatora. Ati; “Mwaganiriye n’abaturage ubwo mwabasaba amajwi yabo. Ubu mwatowe, mugume hafi y’abaturage, mubakorere kandi mubahe ibyo mwabasezeranyije gukora.”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *