Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, uvuga ko Leta y’u Rwanda yakajije umurego mu kutihanganira umuntu wese ujya impaka cyangwa uyinenga. HRW ivuga ko mu kutihanganira abatavugarumwe na Leta, u Rwanda rufunga abanenga politiki iriho mu gihugu. Uyu muryango uvuga ko uku gufunga kwakajije umurego nyuma y’aho ishyaka DALFA Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda rashyinzwe na Ingabire Umuhoza Victoire, ryateganyaga kwizihiza umunsi witiriwe uyu mugore kuwa 14 Ukwakira 2021. Uvuga ko ibi bifitanye isano no gufunga umunyamakuru Theoneste Nsengimana wari wateguye ko ibiganiro byo kuri uwo munsi bizanyura kuri shene ye ya YouTube, Umubavu TV yafunzwe kuwa 13 Ukwakira 2021. HRW ivuga ko yabonye amakuru ko hari abanyamuryango benshi mu ishyaka rya Ingabire, bafungiwe mu ngo zabo harimo n’abarihagarariye mu ntara. Muri abo ivuga ko harimo: Sylivain Sibomana, Alex Bicubanganya, Hamad Hagengimana na Jean Claude Ndayishimiye n’umugore w’inshuti ya hafi ya Ingabire, Joyeuse Uwatuje Ingabire. HRW ivuga ko yamenye ko n’Umuyobozi wungirije wa DALFA Umurinzi, Regine Kadoyimana na we yafungiwe iwe mu rugo kuwa 16 Ukwakira 2021. Umuyobozi wa HRW mu karere ka Afurika yo hagati, Lewis Mudge, ashimangira ko iri fatwa rishingiye kuri politike kandi ko rigamije guca intege abantu kugira ngo batavuga nabi politike ya Leta. Ingabire Victoire kuri Twitter yari yavuze ko kugeza kuwa 17 abantu 10 bo mu ishyaka rye bamaze gutabwa muri yombi. Ku wa Gatatu nijoro, RIB yatangaje kuri Twitter ko yafunze abantu batandatu barimo na nyir’isheni Umubavu TV yo kuri YouTube Théoneste Nsengimana, bakurikiranyweho “gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda”. Ingabire ku wa Kane yabwiye BBC ko muri abo batandatu, abandi ari abo mu ishyaka rye barimo n’abari barihagarariye ku rwego rw’intara. Mu butumwa bwo kuri Twitter ku wa Gatatu, RIB yasabye “abaturarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda kuba umuyoboro w’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu”, ivuga ko “abenshi bihishe mu mahanga”. U Rwanda ntirwahwemye guhakana ibivugwa na HRW. Ruvuga ko uyu muryango utajya uruha urubuga ngo narwo ruvuge ku biruvugwaho. Rusanga HRW buri gihe raporo zayo ziba zibogamye. Kuri ubu iki gihugu cyahagaritse imikoranire na HRW n’ubwo yo idahwema kugikoraho ibyegeranyo ko gihonyora uburenganzira bwa muntu bwo gutanga ibitekerezo. Ibi u Rwanda rurabihakana.

Umuyobozi wa HRW mu karere ka Afurika yo hagati, Lewis Mudge/Interineti


