Ibice 5 by’umubiri abagabo bareberaho ko umugore anyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Sangiza iyi nkuru

Mu Kinyarwanda baca umugani “Ukurusha umugore aba akurusha urugo”, bisobanuye ko urugo iyo rufite umugore mwiza ruba rubakitse. Burya ubwiza ntyabwo ari isura ubwiza ni ku mutima.
Ariko na none umugore nubwo wamuha ibingana iki, ariko ukaba utuzuza neza inshingano z’urugo, byose uba ukorera ubusa, biratinda akazamenya iyo bweze akaguca inyuma.

Kimwe n’umugore utazi kuzuza neza inshingano zo mu buriri, aha rero ni naho usanga abagabo benshi bata ingo zabo ugasanga babaciye inyuma, igihe kinini bakarangazwa n’abakobwa bitambukiye cyangwa abagore b’abandi.

Amavangingo, ni ikintu abagabo benshi batekerezaho mu gihe cy’akabariro, niyo babonye abagore b’ibishongore cyangwa abakobwa batambuka, bagaruka kuri iyi ngingo cyane cyane iyo bamwitegereje bakamubonaho ibi bimenyetso bigaragara. Bati “uriya mugore/kobwa ni mwiza yanyara”. Ibimenyetso ni ibi:

1.Ibiganza : Umugore ufite mu kiganza cyangwa intoki zoroshye cyane, usanga abagabo bamwibazaho ndetse ntibashidikanye kuvuga ko ashobora kuba anyara mu gihe cy’imibonano.
2.Agatsinsino : Abagore bafite igitsi kirenga inyuma kandi cyorohereye nabo bagarukwaho cyane, ni ihurizo rikomeye ritapfa korohera buri wese gusuzuma iki gitsi, ariko bene aba bagore bagifite usanga nabo abagabo babibazaho ndetse bakanabifuza ko baba banyara mu gihe cy’imibonano.

3.Iminwa : Iminwa ihora itoshye, itajya yumagatana nayo umugore uyifite niyo asomanye n’umugabo amacandwe ahita amubana menshi mu kanwa, iminwa igatoha cyane, mu mu gihe cy’imibonano nta kabuze niko mu gitsina cye naho hahita hatoha cyane, abagore bameze gutya nabo usanga bakundwa n’abagabo.

4.Amatako : Amatako agaye, ateye nk’igitunguru, aha bitandukanye n’umubyibuho aho usanga umugore abyibushye kuva hasi hangana no mu nda, oya, nubwo waba unanutse ariko mu matako ufite forume nk’iy’igitunguru. Umugore uteye uko nawe usanga abagabo bamwishimira ndetse ko yaba azana amazi mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

5.Mu nda : Aha bikunze kugaragara ku bagore babyaye aho usanga bafite inda isa nkirimo ibice, hari ababyita ibicece. Ugasanga afite igice cy’inda cyo hasi (bas ventre) kimeze nkikiretsemo amazi, abakobwa bafite inda iteye uku ni bake ariko nabo bashobora kunyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

Ibi si ihame ariko umugabo wese uzabaza ibimenyetso bishobora kugaragarira amaso by’umugore ushobora kunyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, azagutungira agatoki aha.
Igisekeje rero ni uko abagabo cyangwa abasore benshi usanga baririmba kunyaza batazi ni icyo ari cyo, kubivuga ku rurimi biroroshye ariko kubikora bisaba ubuhanga cyane.
Abahanga bavuga ko nta mugore utanyara, amavangingo anyara ashobora kuba make ariko akaba ayafite, ahubwo umugabo niwe ushobora kuyamuhezamo bitewe n’ubumenyi buke afite mu kunyaza.

Abakobwa uzasanga banyara ni bake, ubundi umugore wabyaye iyo afite umugabo w’umuhanga kuri iyi ngingo aranyara pe! Naho abakobwa akenshi ntabwo baba batuje, nta nubwo birekura neza nk’abagore, bitewe nuko aba akora ibyo azi ko arimo kwiba. Ubundi iyo tuvuze imibonano mpuzabitsina ni hagati y’umugabo n’umugore.

NB: Izi nyigisho tuzigenera abubatse, ntabwo intego yacu ari ukwigisha ubusambanyi, rubyiruko mwirinde ubusambanyi kuko ni icyorezo ku buzima bwanyu dore ko mushobora kuvanamo indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina VIH/SIDA, imitezi,… cyangwa inda zitateguwe rimwe na rimwe mutanabashije kurera.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille Kamikazi/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *