Mu nama y’ibigo 40 by’ubucuruzi bikomeye mu Bwongereza, abayobozi babyo biyemeje kongera umubare w’abakozi b’abirabura mu rwego rwo kurwanya akarengane kabakorerwa.
Mu bigo nka Barclays na Deloitte bemeje kuzamura abirabura babikorera mu nzego zifata ibyemezo, banakangurira ibindi bigo bikorera mu Bwongereza kugira icyo bikora ku karengane gakorerwa abirabura. Ibi babyemereye mu nama nkuru ihuza ibigo 40 bikomeye mu gihugu cy’ubwongereza yateranye kuri uyuwa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2020.
Umuyobozi w’umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu(Amnesty Interatinal) aho mu Bwongereza, David Isaac avuga ko ibigo bikomeye bigomba gufata iyambere mu kurwanya akarengane gakorerwa abirabura.
Icyegeranyo gikorwa n’ikigo Green Park , kigaragaza ko mu gihugu cy’Ubwongereza abirabura bafite akazi gahoraho mu nzego za Leta n’izigenga bangana na 5% .
Iki cyegeranyo” Colour of Power 2020 “kivuga ko mu bantu 1,097 bayoboye ibigo n’inzego nkuru mu Bwami bw’Ubwongereza , 1,046 bose ari abazungu naho 49 bonyine akaba ri abirabura.
Aya mavugurura ashyizweno n’ibigo bikomeye mu Bwongereza abaye nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye impande zose z’isi. Ni Imyigaragambyo yakurikiye urupfu rw’umunyamerika w’Umwirabura George Floyd wishwe n’abapolisi b’abazungu muri Mineapolis muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.


