dominican-republic.jpg

Ibihugu bikorerwamo uburaya cyane ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Uburaya ni wo mwuga benshi bavuga ko umaze igihe kirekire ukorwa. Bwahinduye igitereko mu Isi ya none kuko ibihugu bimwe na bimwe byemeje ko bukorwa ku mugaragaro nk’indi myuga yose ndetse bugasorerwa nk’indi mirimo yose ibyara inyungu.

Nubwo hari ibihugu byemeje uburaya bweruye birimo Senegal yo muri Afurika, abantu benshi biganjemo abemeramana n’abakomeye ku muco gakondo bamaganiye kure icyo gikorwa. Aba bavuga ko uburaya ari wo mwanzi nyamukuru w’amajyambere arambye kuko ngo budasigana n’icuruzwa ry’abantu.

Ukutavugwaho rumwe k’uburaya kwatumye umubare munini w’abakora uburaya babukora mu ibanga. Ku rundi ruhande ariko, ntibwirindwa kuko butigeze butana n’ahari imijyi.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura abantu miliyoni 3 bakora urugendoshuri rugamije imibonano mpuzabitsina buri mwaka. Abarukora baba baturutse cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za America n’u Burayi berekeza mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere nk’ibyo mu burasiraziba bwo hagati, America y’Epfo na Afurika.

Dore ibihugu bikorerwamo uburaya cyane ku Isi:

10. Dominican Republic

Kubera ko abaturutse muri Leta Zunze ubumwe za America n’u Burayi boroherwa no kugera muri iki gihugu, bituma kiza ku mwanya wa 10 ku Isi. Nubwo uburaya butemewe muri iki gihugu, abari hagati y’ibihumbi 60 na miliyoni 1 barabukora.
dominican-republic.jpg

9. Cambodia

Batitaye ku itegeko rikakaye rihana ubusambanyi, Cambodia yakomeje kuba ahantu abakora urugendoshuri rushingiye ku mibonano mpuzabitsina bihebeye. Ibi bituma umubare munini w’abana b’abakobwa muri iki gihugu babyiruka nta wundi murimo bazi bityo kuhabona umukobwa w’isugi bikaba bigorana.
cambodia.jpg

8. U Buholandi

Ubusanzwe u Buholandi ni igihugu kibereye ubukerarugendo kubera kamere yacyo no kuba gikikijwe n’amazi. Ikindi kandi, uburaya buremewe ku mugaragaro by’umwihariko mu murwa mukuru Amsterdam, aho usanga umuntu ukorayo uburaya yinjiza nibura hagati y’amayero 35 n’100.
netherlands.jpg

7. Kenya

Muri Kenya, aabana b’abakobwa bafite imyaka 12 bakora uburaya bitwaje ubukene. Imibare yerekana ko 30% by’abakora uburaya baba baranduye virusi itera SIDA kubera kudakoresha udukungirizo.
download_12_.jpg

6. Philippines

Nubwo Philippines itemera uburaya ariko iza ku mwanya wa 6 ku Isi, abakiriya benshi baza muri iki gihugu, baba ari abacuruzi bo muri Asia y’uburasirazuba n’abo mu bihugu by’u Burayi na America.
philippines-2.jpg

Abashakashatsi bakomeza bavuga ko hagati ya 40% na 60% bakorera ubukerarugendo muri iki gihugu buba bushingiye ku mibonano mpuzabitsina.

5. Columbia

Columbia na ho ni ahantu abashaka indaya bizera cyane. Iki gihugu kandi kiri mu bya mbere bikoresha ibiyobyabwenge bidatana n’uburaya.
colombia.jpg

Umwihariko wa Columbia ni uko hari uduce twemerewe gukorerwamo uburaya ndetse tukagenzurwa mu buryo buzwi. Ikindi kandi ngo iyo umukiriya bamwishimiye bashobora kumugabanyiriza igiciro.

4. Indonesia

Abakiriya benshi bajya muri Indonesia ku mpamvu z’imibonano mpuzabitsina baba bahanye amakuru bakoresheje ikoranabuhanga rya murandasi, ibi bigatuma iba kimwe mu bihugu bikora uburaya mu buryo buteye imbere.
indonesia.jpg

3. Espagne

Muri Espagne uburaya buremewe, ndetse ni na cyo gihugu cyo mu Burayi gikorerwamo uburaya cyane. Gusa igitangaje ni uko abagore benshi bakorera uburaya muri iki atari abenegihugu, ahubwo usanga bakomoka muri Amerika y’Epfo.
spain.jpg
Imigi izwi cyane mu buraya muri Espagne ni Ibiza, Barcelona na Madrid.

2. Brazil

Brazil ni igihugu giteye amabengeza, by’umwihariko imicanga yo ku nyanja ishimisha benshi. Ubwiza bwacyo butuma gikundwa n’abakerarugendo ari naho baziramo abaje mu gahunda y’imibonano mpuzabitsina.
brazil-2.jpg
Brazil yagaragaye nk’igihugu gifite indaya nyinshi mu gikombe cy’isi cyo muri 2006 ubwo Leta yagerageje kwima indaya icyuho ariko bikaba iby’ubusa.

1. Thailand

Uburaya buremewe ndetse ni umuco bakomeyeho mu gihugu cya Thailand. Bangkok ni wo murwa mukuru w’uburaya ku Isi. Izina ‘Bangkok’s Red Light Region’ ryaramamaye ku Isi yose nk’agace kahariwe uburaya gusa.
thailand.jpg
Guha ubwisanzure busesuye abakora uyu mwuga bituma abashaka gukora imibonano mpuzabitsina baturutse imihanda yose baza bana iki gihugu bikanakigira icya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w’indaya.

Ivoomo: BScholary

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Ibihugu bikorerwamo uburaya cyane ku Isi
    Ubwo bushakashatsi ni uneo kwirira cash gusa.
    Uburaya se niki?
    Nihe butaba se?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *