Ibiro bikuru bya AU biri muri Ethiopia bishobora kwimurirwa i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe intambara ikomeje hagati y’ingabo za Leta ya Ethiopia n’imitwe yitwaje intwaro yahuje imbaraga irimo uwa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray, biravugwa ko ibiro bikuru by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) biriyo, bishobora kwimurirwa mu mujyi wa Kigali by’agateganyo.

Ishami rya Afurika ry’igitangazamakuru Libre cyo mu Bubiligi (Libre Afrique) rivuga ko abadipolomate b’u Rwanda baba batanze kandidatire ya Kigali kugira ngo ibe ari yo yimurirwamo ibiro bikuru by’uyu muryango kugira ngo ibikorerwamo bikomeze kandi ku mutekano usesuye.

Bivugwa ko ariko iki cyemezo kizafatwa n’Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango akaba na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi.

Ibitangazamakuru byo muri RDC bivuga ko ibi biro bishobora kwimurwa by’agateganyo kugeza muri Gashyantare 2022, mu gihe ariko umutekano wazaba waragarutse muri Ethiopia.

Igitekerezo cyo kwimura ibiro bikuru bya AU kije nyuma y’aho abarwanyi ba TPLF na OLA batangarije ko bashobora gufata umurwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, nyuma yo gufata Dessie na Kombolcha mu karere ka Amhara.

Uyu mugambi w’iyi mitwe yitwaje intwaro yamaze kubona indi 7 iyiyungaho watumye ibihugu bimwe bitangira gutekereza guhungisha abadipolomate babyo bari i Addis Ababa. Ibi birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Ibiro bikuru bya AU biri muri Ethiopia bishobora kwimurirwa i Kigali
    Ethiopian nayo buriya igiye kuba nka Libia kweri abantu barebera by’umwihariko AU yemeye kwimura office nta no gufatanyiriza hamwe ngo barwanye imitwe y’iterabwoba mpaka bimuye head office iyi ni Weakness ndetse binagaragaza ko Africa is purely manipulated by a remote control

  2. Ibiro bikuru bya AU biri muri Ethiopia bishobora kwimurirwa i Kigali
    Ethiopian nayo buriya igiye kuba nka Libia kweri abantu barebera by’umwihariko AU yemeye kwimura office nta no gufatanyiriza hamwe ngo barwanye imitwe y’iterabwoba mpaka bimuye head office iyi ni Weakness ndetse binagaragaza ko Africa is purely manipulated by a remote control

  3. Ibiro bikuru bya AU biri muri Ethiopia bishobora kwimurirwa i Kigali
    Afrika ndayigaye kbx AU bayifute ntacimaze kbx yerekanye ubushobozi bwayo afrika iratembagaye kbx irabaye nka lubia kanisa irahiye ariko ingaruka bazoyibona vuba fitina yabanyafrika nukudashigikirana nibyo bituma afrika duhora mumaboko yabazungu turababaye na Au ihereho ubunyene yifute kuko imenye ibishikye Ethiopie ejo bizoshikira abandi bamenye kwo buri gihugu cose gifise abakirwanya ndavuga nsimvura

  4. Ibiro bikuru bya AU biri muri Ethiopia bishobora kwimurirwa i Kigali
    Afrika ndayigaye kbx AU bayifute ntacimaze kbx yerekanye ubushobozi bwayo afrika iratembagaye kbx irabaye nka lubia kanisa irahiye ariko ingaruka bazoyibona vuba fitina yabanyafrika nukudashigikirana nibyo bituma afrika duhora mumaboko yabazungu turababaye na Au ihereho ubunyene yifute kuko imenye ibishikye Ethiopie ejo bizoshikira abandi bamenye kwo buri gihugu cose gifise abakirwanya ndavuga nsimvura

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *