gettyimages-2154761028-2048x2048

Ibitero bya hato na hato by’abantu bitwaje intwaro bihangayikishije abaturage muri Sake

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, rishyira kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Ugushyingo, abantu bitwaje intwaro babibye ubwoba mu gace ka Mosquée muri Sake, ku birometero 27 mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibitero byagabwe ku isaha ya saa mbiri z’ijoro ku isaha yaho. Nk’uko abaturage benshi babitangaza, abateye bitwaje imbunda nyinshi binjiye mu mazu menshi mbere yo kurasa mu kirere kugira ngo batere ubwoba abaturage.

Biravugwa ko abo bantu bitwaje imbunda batereye icyarimwe mu ngo nyinshi, bagatwara ibintu by’agaciro n’ibintu by’abantu ku giti cyabo. Abaturage bagize ubwoba kandi baguma mu ngo zabo kugeza igihe abagabye igitero bahaviriye. Umuturage umwe yagize ati: “Bamennye imiryango, batwara terefone, amafaranga, n’ibindi bintu. Turi mu kuzimu hano i Sake”.

Kugeza ubu Sake igenzurwa n’inyeshyamba za M23, ariko bikavugwa ko hakunze kugaragara ihungabana ry’umutekano. Abaturage baramagana ubwiyongere bukabije bw’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, bavuga ko kuba izi nyeshyamba zihari bitigeze bihindura umutekano, nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru Michombero, nawe utavugwaho rumwe.

Bamwe mu baturage ndetse ngo bashinja bamwe mu bagize M23 kuregeza cyangwa se ubufatanyacyaha. Hagati aho, andi makuru avuga ko hari abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bivugwa ko bakora rwihishwa bava muri parike ya Virunga hanyuma bakivanga n’abaturage nyuma y’ibitero byabo.

Ibivugwa biratandukanye, ariko ikintu kimwe kizwi ngo n’uko: Sake yahindutse umujyi udatekanye aho imitwe yitwaje intwaro itandukanye ikigaragara. Mu gace bituranye ka Kimoka, abaturage benshi bavuga ko hafi ya buri munsi haba gucengerwa n’abantu bitwaje imbunda bivugwa ko ari amabandi. Aho naho kandi, ngo amazu arasahurwa mu gicuku inzego z’umutekano ntizigire icyo zikora.

Ntacyo ubuyobozi bwa AFC/M23 buravuga kuri aya makuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *