Imikino itatu isigaye ngo shampiyona ya Espagne irangire, ni yo izagena ikipe igomba kwegukana igikombe hagati y’amakipe ane agihataniye.
Ni igikombe kuri ubu kigihataniwe n’amakipe ane, arimo AtlĂ©tico Madrid ya mbere ifite amanota 77, Real Madrid na FC Barcelona zifite 75 cyo kimwe na Sevilla FC iya kane ifite amanota 71.
Ibi bisobanuye ko hagati y’ikipe ya mbere n’iya kane harimo ikinyuranyo cy’amanota 6, n’ubwo Sevilla ifite amahirwe make cyane yo kuba yatwara kiriya gikombe.
Amakipe yose yirangayeho muri Weekend
Mu gihe ikipe imwe muri aya ane yashoboraga kwiyongerera amahirwe yo gutwara igikombe iyo iza gutsinda umukino w’umunsi wa 35, impera y’icyumweru gishize yazize nta kipe nimwe yegukanye amanota atatu.
Nka FC Barcelona yari yakiriye AtlĂ©tico Madrid i Camp Nou ku kibuga cyayo, gusa iminota 90 y’umukino irangira amakipe yombi anganya 0-0.
Gutsinda uyu mukino byari guhesha Barcelona amanota 77 igasigara irusha inota rimwe AtlĂ©tico Madrid; mu gihe iyi kipe y’umutoza Diego Simeone gutsinda FC Barcelona byari gutuma igira amanota 79, igasigara iyirusha amanota atanu.
Real Madrid na Sevilla na bo bananiwe kwikiranura
Nyuma yo kunganya kwa FC Barcelona na Atlético, amaso yose yari ahanzwe umukino wa Real Madrid yari yakiriye Sevilla ku kibuga cyitiriwe Alfredo Di Stefano.
Mu gihe gutsinda uyu mukino byari guhesha Real Madrid umwanya wa mbere n’amanota 77, byarangiye amakipe yombi aguye miswi ibitego 2-2.
Ikipe ya Sevilla ni yo yafunguye amazamu mbere ibifashijwemo na Fernando ku munota wa 22, gusa biba ngombwa ko Marco Asensio yishyurira Madrid ku munota wa 64 w’umukino.
Sevilla yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 78 biciye kuri penaliti ya Ivan Rakitic, gusa bisaba iminota y’inyongera kugira ngo Eden Hazard acyishyure.
Amakipe yose yakunze kwirangaraho
Kuba kugeza ubu nta kipe ishobora kwizera ko izatwara igikombe cya shampiyona ya Espagne y’uyu mwaka, abenshi babihuza no kuba amakipe yose yarakunze kwirangaraho.
Nko mu Ukwakira umwaka ushize buri wese yari azi ko AtlĂ©tico izatwara igikombe kuko yarushaga Real Madrid na FC Barcelona amanota 10 inafite umukino w’ikirarane, gusa aya manota yose yakuwemo ku buryo aya makipe atandukanyijwe n’amanota abiri yonyine.
Real Madrid na FC Barcelona na zo zakabaye zarakuyemo burundu aya manota, gusa na zo hari imikino zagiye zigiramo uburangare.
Nka FC Barcelona iyo iza gutsinda Real Madrid, Granada iheruka kuyitsindira ku kibuga cyayo na AtlĂ©tico Madrid, yakabaye ikoza imitwe y’intoki kuri kiriya gikombe.
Real Madrid yo ishinjwa kunganya bya hato na hato ndetse yewe n’imikino itari ngombwa.
Urugamba rutegereje ariya makipe yose
Mu mikino itatu isigaye AtlĂ©tico Madrid isigaje harimo uwo izakiramo Real Sociedad ku wa Gatatu, uwo izakiramo Osasuna ku Cyumweru gitaha ndetse n’uwo izasuramo Real Valladolid ku wa 23 Gicurasi.
Mu gihe iyi kipe yaba itsinze iyi mikino yombi, yahita itwara igikombe cya shampiyona.
Real Madrid yo isigaje matches z’imbaturamugabo harimo iyo izasuramo Granada ku wa Kane, umukino izasuramo Athletic Bilbao ku cyumweru gitaha ndetse n’uwo izakiramo Villarreal ku wa 23 Gicurasi.
FC Barcelona ku wa Kabiri yo izasura Levante, ku Cyumweru yakire Celta de Vigo mbere yo guhura na Eibar ku munsi wa nyuma wa shampiyona.
Sevilla yo isigaranye Valencia, Villarreal na Deportivo Alaves.


