GridArt_20251204_223900785

Ibya drone ya CH-4 yahanuwe na M23 na Operasiyo y’Abakomando yahekuye FDNB

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, zahanuye drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4 y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Amakuru BWIZA yamenye ni uko iyi drone yahanuriwe ku musozi wa Ngomo, aho yari yajyanwe no kurasa imbunda nini ya M23 iri hejuru yawo. Ni drone amakuru avuga ko yari iturutse i Burundi, ikaba yiyongera ku zindi ebyiri nka yo mu mu kwezi gushize.

Abakomando ba M23 bahekuye Igisirikare cy’u Burundi

Usibye drone yarashwe, amakuru avuga ko nyuma y’imirwano ikomeye cyane yiriwe ibera mu bice bya Kivu y’Amajyepfo ku wa Gatatu tariki ya 3 Ukuboza, byabaye ngombwa ko M23 ikora Operasiyo ya gikomando yasize yishe Ingabo nyinshi z’Abarundi.

Izi ngabo zari ziriwe zirasana na yo zikoresheje imbunda ziremereye mu kurasa mu bice bya Kamanyola na Katogota.

Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko mu masaha y’ijoro abasirikare kabuhariwe ba AFC/M23 bateye ibirindiro by’Ingabo z’u Burundi byari mu gace ka Luvungi, bica abasirikare benshi bakoresheje intwaro gakondo.

Amakuru avuga ko usibye abasirikare bishwe kandi hari n’ababarirwa mu ijana baba bafashwe mpiri.

Ingabo z’u Burundi mu kugerageza kwihimura kuri uyu wa Kane ziriwe zirasa buhumyi mu bice bitandukanye AFC/M23 igenzura, by’umwihariko mu mujyi muto wa Kamanyola aho ibisasu byazo byashenye amazu y’abaturage ndetse bamwe bikabica, mu gihe hari n’abakomeretse.

Kuri ubu amakuru avuga ko imirwano yo kuri uyu wa Kane yasize AFC/M23 yigaruriye uduce twa Butuzi na Kahembe two muri Chefferie ya Kaziba, ndetse mu masaha y’umugoroba abarwanyi b’uyu mutwe bari bamaze kugera mu gace ka Nubumbu gaherereye mu bilometero bike uvuye mu duce twa Luvungi na Lubalika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *