Ibyavuye mu matora ni insinzi y’Abarundi bose-Umunyamabanga Mukuru wa EAC

Sangiza iyi nkuru

Mu butumwa bukubiyemo kwifuriza Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye guhirwa mu nshingano nshya agiye gutangira zo kuyobora u Burundi nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku wa 20 Gicurasi 2020, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Liberat Mfumukeko yabwiye Abarundi ko insinzi ari iyabo bose, abasaba gutahiriza umugozi umwe biyubakira igihugu.

Amb. Mfumukeko yashimiye u Burundi imigendekere myiza y’amatora, yaranzwe n’umutekano, amahoro ndetse na demukarasi. Yavuze ko kandi amatora ari amahitamo y’abaturage, bityo agasaba impande zose bireba kubaha ayo mahitamo nakoze, bakire ibyavuyemo.

Umwanzuro wafashwe ku byavuye mu matora ni insinzi ku Barundi bose nk’uko uyu Munyamabanga yabitangaje. Ati: “Ibyavuye mu matora ni insinzi ku Barundi bose kandi ni umwanya mwiza wo gusigasira amahoro, umutekano n’umutuzo; iby’ingenzi bigize iterambere ry’imibereho y’abaturage ndetse n’ubukungu.”

Pierre Nkurunziza nka Perezida uri gucyura igihe arashimirwa imyaka 15 amaze ayoboye u Burundi, mu bihe Amb. Mfumukeko yavuze ko “bitari byoroshye”.

Nk’uko Amb. Mfumukeko yabitangaje, igikurikiyeho ku Burundi ni ukubaka ahazaza habwo bagendeye ku cyizere bafitiye ubuyobozi bwabo, cyane ko bagaragaje babishoboye, bakazamura ubukungu byisumbuyeho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *