Icyo Lukaku yatangaje nyuma yo kongera gushengura imitima y’abihebeye Arsenal

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Chelsea ibifashijwemo n’wbarimo Umubiligi Romelu Lukaku, yongeye gushengura imitima y’abafana ba Arsenal nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino wa Derby ya London.

Arsenal yaherukaga gutsindwa na Brentford ibitego 2-0 bikababaza cyane Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari umufana wayo ukomeye, yari yakiriye Chelsea i Emirates Stadium mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Abongereza.

Abafana ba Arsenal n’icyizere gike bari bategereje kureba uko ikipe yabo yitwara imbere ya Chelsea basangiye umujyi umwe, mu gihe ku rundi ruhande aba Chelsea bari bahanze amaso rutahizamu Romelu Lukaku wakinaga umukino we wa mbere nyuma yo kugurwa akayabo ka miliyoni 120 z’ama-Euro ava muri Inter Milan.

Ni Lukaku witezweho kongera kutyaza ubusatirizi bwa Chelsea bwari bukumbuye rutahizamu w’umwimerere, nyuma yo gutakaza umunya-Espagne Diego Costa.

Umunota wa 15 w’umukino wari uhagije kugira ngo Lukaku yambure abafana ba Arsenal icyizere cyo kubona amanota atatu ya mbere muri Premier league agitegereje.

Ni Lukaku wari uherewe mu rubuga rw’amahina umupira na myugariro Reece James, abyiga myugariro Pablo Marì wa Arsenal mbere yo gutereka umupira mu rucundura.

Byari ibyishimo by’akataraboneka kuri uyu rutahizamu ufite inkomoko hakurya y’ikiyaga cya Kivu watsindaga igitego cye cya mbere yambaye umwambaro wa Chelsea, n’ubwo yari yarigeze kunyura muri iyi kipe ariko ntibimuhire.

Chelsea yarushaga Arsenal mu buryo bugaragara yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 35 w’umukino biciye kuri Reece James.

Romelu Lukaku abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yishimiye igitego yatsinze, avuga ko byari inzozi ze gukinira ikipe ya Chelsea.

Ati: “Itsinzi ikomeye uyu munsi. Inzozi zo mu bwana zibaye impamo. Bwanyuna na nyuma noneho nabivuga, London ni ubururu.”

Mu bagize icyo bavuga kuri ubu butumwa bwa Lukaku harimo Didier Drogba ufatwa nk’umwe muri ba rutahizamu beza Chelsea yagize mu mateka yayo, washimangiye ko “London yamye ari ubururu.”

Gutsinda Arsenal byafashije Chelsea kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo n’amanota atandatu inganya n’amakipe ya Liverpool, Brighton na Tottenham ayikurikiye, mu gihe Arsenal itarabona inota na rimwe muri shampiyona iri ku mwanya wa 19.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *