Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe ko Gen. Kabarebe afunzwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe Umuryango wa EAC, Amb. Olivier Nduhungirehe, yakwennye abantu  bakomeje gukwirakwiza amakuru avuga ko Perezida Kagame yafunze umujyanama we mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe.

Aba biganjemo, abanenga ubutegetsi batangaje ko  Gen. Kabarebe yafunzwe azira kugira ibanga imitungo yigwijeho.

Umwe mu batangaje ibi ni Dr David Himbara, umwarimu muri Kaminuza, wigeze kuba umujyanama wa Perezida Kagame mu by’ubukungu. Kuri ubu, uyu mugabo aba muri Canada.

Mu nyandiko David Himbara yashyize ahagaragara  abinyujije kuri interineti , yavuze ko perezida Kagame  yahembye Gen. James Kabarebe ngo  umaze imyaka 30 amukorera, kumufunga.

Himbara
Dr David Himbara ari mu bahawe inkwenene/ Interineti

Iyi mitungo ngo irimo amato manini n’amazu ahenze Kabarebe afite mu bihugu bya Afurika y’Epfo,  i Dubai ndetse no muri Canada.

Amb. Nduhungirehe abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter , yanyomoje iby’amakuru y’itabwa muri yombi rya Gen. Kabarebe, yerekana ko yidegembya.

Uyu mudipolomate w’u Rwanda yerekanye  ifoto  ya Gen. Kabarebe (wagaragaraga nk’utishimye) ari mu baje kureba umukino wahuje amakipe ya Mukura VS na Rayons Sports, wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera Kuwa 1 Nzeri 2019.

kabarebe
Ifoto ya Gen. James Kabarebe yicaye muri Sitade Amahoro/ Twitter

Ni umukino wari mu rwego rwo kwibuka yubile y’imyaka 100 y’amavuko ya Padiri Fraipont Ndagijimana washinze Ikigo cya HVP Gatagara, agamije kugoboka abafite ubumuga.

Nduhungirehe ati “ Yewe Himbara we wabaye,  urw’amenyo!. Dore ngicyo ikimenyetso cy’itabwa muri yombi rya Gen. Kabarebe. Na we ubwawe wakwihera ijisho uko Gen. Kabarebe afunzwe [Arerekana Kabarebe wicaye muri Sitade Amahoro, areba umupira.]

Capture 1

img 4354jpg 9a0e 98922
Gen. James Kabarebe yari yicaranye na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Ibi ni ibyafatwa nka gihamya ko Gen. Kabarebe adafunzwe.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *