Igihangange hagati ya Davido na Burna Boy mu mboni z’umuhanzi Akon

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Akon wamenyekanye mu myaka yo hambere mu ndirimbo zitandukanye yatangaje uwo abona ukomeye mu nganzo hagati ya Davido na mugenzi we Burna Boy.

Ubwo yari mu kiganiro kuri podcast ya Drink Champs afatanije na N.O.R.E na DJ EFN, Akon yasabwe guhitamo umuhanzi urenze hagati ya Davido na Burna Boy kandi atitaye ku gihe umwe amaze mu muziki maze, ahitamo Davido.

Yavuze ati: “Yoo! Birashoboka ko ndamutse ngiye nko mu nzira bakampitishamo uwo njyana nawe najyana na Davido. Yoo! Davido, uriya mwana burya ameze nk’ inyamaswa.

Ikinyamakuru cyatangaje iyi nkuru, cyatangaje ko Akoni yahisemo Davido atari uko Burna Boy ari mu bibi.Gusa ntabwo ngo akunda guhisha amarangamutima ku bintu abona bimuryoheye.

Aliaune Damala Bouga uzwi nka Akon asanzwe akunda abahanzi bo muri Afurika n’ubwo ari umunyamerika ariko ntabwo ariho aguma gusa kuko agerageza gukorera mu ngata abahanzi batandukanye b’Abanyafurika dore ko nawe akomoka mu gihugu cya Senegal.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *