Igikomangoma cyo muri Iran, Reza Pahlavi, yagaragaje ko ubutegetsi buyoboye iki gihugu bukwiye kuvaho kugira ngo amahoro aboneke mu karere k’uburasirazuba bwo hagati iki gihugu giherereyemo.
Pahlavi w’imyaka 63 y’amavuko, ni umuhungu wa Mohammad Reza Pahlavi wabaye umwami wa nyuma wa Iran. Kuri ubu aba mu buhungiro i Virginia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uyu mu butumwa bw’amashusho yashyize ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ubutegetsi bumaze imyaka hafi 50 buyoboye Iran bukwiye kugenda.
Ati: “Ndabamenyesha nshuti zacu ziri mu burasirazuba bwo hagati…ubu butegetsi bwadufashe bugwate hafi imyaka 50 bugomba kugenda. Ndabizi ko mufite ubwoba bw’uko impinduka zishobora guteza imvururu. Gusa ntimutinye, ntabwo tuzemera ko habaho icyuho cy’ubutegetsi nyuma yo gusenyuka k’ubuyoboye Iran.”
Pahlavi amaze igihe asaba ibihugu byiganjemo ibyo mu burengerazuba bw’Isi gukora ibishoboka byose ubutegetsi buyoboye Iran bukavaho.
Ubutumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X bwaje nyuma y’umwaka umwe Israel yinjiye mu ntambara n’imitwe yo mu bihugu byo mu burasirazuba bwo hagati ishyigikiwe na Iran.
Ni intambara yakurikiye igitero umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel ku wa 7 Ukwakira 2023.
Pahlavi yavuze ko ubutegetsi bwa Iran ari bwo bumaze igihe bwenyegeza amakimbirane mu bihugu bya Syria, Iraq, Lebanon n’abandi.
Ati: “Bukoresha abanya-Palestine mu kwikingira. Umunyagitugu uri i Tehran yenyegeza intambara yitwaje gukunda Iran, gusa ntabwo avugira igihugu cyacu.”
Uyu mugabo mu kiganiro aheruka guha Televiziyo ya Fox News, yavuze ko mu gihe ubutegetsi bwa Iran bwaba bubuyeho ibibazo byose byugarije akarere k’uburasirazuba bwo hagati byajyana na bwo.


