Igisirikare cy’u Burundi cyateye utwatsi ibirego bigishinja kuba hari ingabo zacyo ziri ku butaka bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Teritwari ya Uvira. Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wacyo, Col. Floribert Biyereke, Igisirikare cy’u Burundi cyatangaje ko ayo makuru akomeje gukwizwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga agamije guhindanya isura yacyo.
“Amakuru y’ibinyoma avuga ko ingabo z’u Burundi ziri ku butaka bwa RDC, mu misozi ikikije Umujyi wa Uvira yakoreshejwe ku mbuga nkoranyambaga zimwe no mu binyamakuru kuva ku itariki 9 Werurwe 2021. Amakuru avugwa yatangajwe mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kuyobya bwateguwe n’abantu bagendereye ikibi bagamije gutera urujijo no guhindanya isura ya FDNB (Igisirikare cy’u Burundi),” ibi ni bimwe mu bikubiye mu itangazo ryasohowe n’Igisirikare cy’u Burundi Bwiza.com yaboneye kopi.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi yongeyeho ko nyuma y’izo nkuru baboneyeho akanya ko kumenyesha umuryango mpuzamahanga ko bahakanye ibyatangajwe kuri iyi ngingo.
Col. Biyereke yashimangiye ko Igisirikare cy’u Burundi kidashobora imipaka y’ibihugu by’ibituranyi, kandi ko gikora ubutumwa bwacyo mu nzira zemewe n’amategeko.

Ibi Igisirikare cy’u Burundi kibitangaje nyuma y’amakuru yakwirakwijwe bwa mbere n’imiryango itegamiye kuri leta muri Congo yemeje ko ingabo z’u Burundi zisaga batayo imwe zagaragaye mu misozi ya Itombwe muri Teritwari ya Uvira.
Hagati aho, Igisirikare cya Congo, FARDC cyo cyatangaje ko cyatangiye iperereza ngo hagenzurwe niba ayo makuru y’ingabo z’u Burundi zacengeye ku butaka bw’igihugu cyabo ari impamo nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare muri Kivu y’Amajyepfo, Capt. Dieudonne Kasereka.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Igisirikare cy’u Burundi cyagize icyo kivuga ku ngabo zacyo zivugwa ku butaka bwa RDC
Nivyiza cane Kuduha amakuru ariko Jew Nipfuje Kubaza :
1. None atari Uburundi muvuga Urwanda Nta basirikar3 bariyo?
2. Mbega Ejo Bundi ko twakuriniranye Urubuga tubona Ko Urwanda Ruri Muri Congo,Mubivugaho iki?
Ejo bundi Twumvise Ko hari Umusirikare wumukongomani Yasohotse igisirikare aja Gutanguza ikirobera,Ejo ntitazakwumve Ngo Barikumw N’Urwanda.Ndangije Mvuga ngo,Mbega abanyarwanda Badushakaho iki?bazananirwa Kwangiriza umutekano w’Uburundi Ryari Se?byanditse ntari munyapolitike twe abaturage twebwe abaturage tumaze Kuduhirwa niryo hanga….Ico Mbona nuko ryohitamwo rikaza tukaja Kukibuge Umwe akubise Uwundi agire Ikinyabupfura….
Ni jew
Theodore NIYONGABO
Igisirikare cy’u Burundi cyagize icyo kivuga ku ngabo zacyo zivugwa ku butaka bwa RDC
Nivyiza cane Kuduha amakuru ariko Jew Nipfuje Kubaza :
1. None atari Uburundi muvuga Urwanda Nta basirikar3 bariyo?
2. Mbega Ejo Bundi ko twakuriniranye Urubuga tubona Ko Urwanda Ruri Muri Congo,Mubivugaho iki?
Ejo bundi Twumvise Ko hari Umusirikare wumukongomani Yasohotse igisirikare aja Gutanguza ikirobera,Ejo ntitazakwumve Ngo Barikumw N’Urwanda.Ndangije Mvuga ngo,Mbega abanyarwanda Badushakaho iki?bazananirwa Kwangiriza umutekano w’Uburundi Ryari Se?byanditse ntari munyapolitike twe abaturage twebwe abaturage tumaze Kuduhirwa niryo hanga….Ico Mbona nuko ryohitamwo rikaza tukaja Kukibuge Umwe akubise Uwundi agire Ikinyabupfura….
Ni jew
Theodore NIYONGABO