Igisirikare cya Uganda kiri guhiga umukuru w’inyeshyamba z’Abakongomani wihishe Arua

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko giteganya gutangira iperereza ku mitwe y’inyeshyamba y’Abanyekongo ivugwa mu karere ka West Nile, akaba ari nyuma y’aho uwari umugaba mukuru wa M23 wari wahungiye muri Uganda, Gen Sultan Makenga aburiwe irengero ndetse bikavugwa ko ari kumwe n’abarwanyi be.

Lt. Ahmad Hassan Kato, wo muri division ya 4 y’ingabo za Uganda akaba umuvugizi wayo, yabwiye urubuga rwa Redpepper mu kiganiro bagiranye kuri uyu wa Kabiri ushize, ko igisirikare kigiye gukora iperereza ryimbitse kuri iyi mitwe y’inyeshyamba ivugwa byashoboka abayobozi bayo bagatabwa muri yombi.

Kato yasubizaga ibyatangajwe na Dr Jefferson Abdallah Pene Mbaka, Guverineri w’Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wavuze ko uturere two muri West Nile nka Koboko na Arua ducumbikiye abarwanyi b’imitwe ya M18 na ALPC (Army for the liberation of the people of Congo), umutwe mushya urwanya ubutegetsi bwa perezida Kabila.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nk’uko Mbaka yabitangaje, ngo ALPC kuri ubu iyobowe n’uwitwa Taban Ayiki bivugwa ko yihishe mu mujyi wa Arua. Ibi akaba yarabitangarije mu nama mu muhezo yitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’umutekano bo muri Congo na Uganda ibera muri hotel yo mu mujyi wa Aruu mu burasirazuba bwa Congo.

Mbaka yagize ati: “Amakuru twakiriye agaragaza ko imitwe 2 y’inyeshyamba z’Abakongomani kuri ubu irimo gukora ifite ibirindiro mu turere twa Koboko, Maracha na Arua”.

Yakomeje avuga ko aba M18 bari hagati ya Koboko na Arua bagerageza kwisuganya ngo bagabe ibitero kuri Guverinoma ya Congo. Yongeyeho ko biringiye ko guverinoma ya Uganda izaca intege iyi mitwe 2 y’inyeshyamba abayobozi bayo bagafatwa bagashyikirizwa Guverinoma ya Kinshasa.

Lt Kato yavuze ko icyo bakoze ari ukwirinda gushidikanya kuri aya makuru ahubwo bagiye gushaka niba koko Taban Ayiki, uvugwaho kuba umuyobozi w’inyeshyamba, ahari. Yongeyeho ko nibasanga ahari koko ari umuyobozi w’inyeshyamba yihishe Arua, bazahita bamuta muri yombi bakamushyikiriza Guverinoma ya Congo nk’uko yabisabye.

Uyu yakomeje avuga ko kuri ubu umubano wa Uganda na Congo wifashe neza, akaba ari nayo mpamvu ngo batazaha icumbi inyeshyamba z’Abakongomani.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *