Byibuze abantu 100 bapfuye abandi 400 barakomereka mu gitero cya Israel muri Liban. Iki cyakurikiye guhererekanya ibisasu ku Cyumweru, aho Hezbollah yohereje roketi zirenga 100, misile na drones mu majyaruguru ya Israel, bimwe bikagwa hafi y’Umujyi wa Haifa.
Minisiteri y’ubuzima ya Libani yavuze ko byibuze abantu 100 bishwe abandi 400 barakomereka mu gitero cy’indege cya Israel kuri uyu wa Mbere, barimo abana, abagore ndetse n’abakozi bashinzwe ubutabazi muri kimwe mu bitero bikomeye muri uyu mwaka byo kurwanya Hezbollah.
Intambara hagati ya Israel na Hezbollah yafashe intera nyuma y’uko udukoresho twayo tw’itumanaho duturikiyemo ibisasu byari byatezwemo na Israel kuwa Kabiri ushize no kuwa Gatatu, kuri ubu abantu bagera kuri 600 bakaba bamaze kwicirwa muri Liban kuva mu Kwakira, abenshi bakaba ari abarwanyi, ariko n’abasivili barenga 100.
Kuri uyu wa Mbere, Igisirikare cya Israel cyatangaje kuri X ko cyagabye igitero ku byo kivuga ko ari ibipimo 300 bya Hezbollah muri Libani, gishyiraho ifoto y’uwo bivugwa ko ari umuyobozi w’ingabo, Lt Gen Herzi Halevi, atanga amabwiriza yo kongera ibitero mu biro bikuru bya gisirikare i Tel. Aviv.
Halevi n’abandi bayobozi ba Israel basezeranyije ko bazakomera guhashya Hezbollah mu minsi iri imbere.



One Response
Igitero cya Israel muri Liban cyahitanye byibuze 100 abandi 400 barakomeraka
Wowe wanditse iyi nkuru haraho wabonye Israel yigeze ivugako ariyo yateze ibisasu mubyombo byabo?