Igitero cya Israel muri Syria rwagati cyahitanye abantu 14

Sangiza iyi nkuru

Ibitangazamakuru bya leta byatangaje ko misile zarashwe n’Igisirikare cya Israel zahitanye byibuze abantu 14 muri Syria rwagati.

Nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Syria (SANA) bibitangaza, ngo igitero cyo ku Cyumweru nijoro cyateje inkongi y’umuriro kandi cyangiza ibintu hafi y’umujyi wa Masyaf, mu ntara ya Hama. Ibi biro ntaramakuru byavuze kandi ko 43 bakomeretse, ryongera umubare w’abantu batanu bapfuye n’abandi 19 bakomeretse bari batangajwe mbere.

Amakuru aturuka mu gisirikare agera ku Biro Ntaramakuru SANA agira ati: “Mu ijoro ryo ku Cyumweru, ahagana mu ma saa 23:20, umwanzi Israel yagabye igitero cyo mu kirere yerekeza mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Liban, yibasira ahantu henshi ha gisirikare mu karere kari rwagati [muri Siriya]”.

Amakuru akomeza agira ati: “Sisitemu zacu zo z’ubwirinzi bwo mu kirere zahanganye na misile z’igitero maze zirasa zimwe muri zo.”

Igisirikare cya Israel ubusanzwe ntacyo gitangaza ku bikorwa byacyo muri Siriya.

Amakuru atangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, avuga ko ikigo gikomeye cy’ubushakashatsi bwa gisirikare mu gutunganya intwaro z’ubumara giherereye hafi ya Masyaf cyibasiwe inshuro nyinshi. Ibiro ntaramakuru byongeyeho ko itsinda ry’inzobere mu bya gisirikare za Iran zigira uruhare mu gukora intwaro bikekwa ko zikorera aho hantu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *