Ikiyaga cya Karago kiri gukama ku muvuduko uteye impungenge n’igihombo ku bagituriye nk’uko babivuga. Iki kiyaga kiri hagati y’imisozi ihanamye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’u Rwanda, ukigezeho ubona igice kinini biboneka ko ari aho cyageraga ariko ubu hakamye. Agnes Karamuka ati: “Aha hose twicaye cyari [ikiyaga] gihari”. Ariko bubu aha bahatera ubwatsi bw’inka, nk’uko abivuga. Imihindagurikire y’ikirere itera imvura zidasanzwe n’izuba rikabije bigira ingaruka mbi ku bidukikije n’ubuzima bw’abatuye isi kurusha ikindi gihe cyose mbere, nk’uko raporo nshya ya ONU/UN ibivuga. Inkuru ya BBC ivuga ko Imigezi ya Nyamukongoro na Busoro isanzwe yisuka muri Karago yamanuye isuri ikabije ituma igice cy’iki kiyaga gikama, nk’uko Jean Pierre Hategekimana ugituriye abivuga. Ibi si ubwa mbere bibaye, mu myaka 13 ishize abaturiye Karago iri ku buso bwa hegitari 118 bavuga ko yigeze gukama ikagera kuri 98 ha. Ariko muri uyu mwaka gukama byarihuse kandi ku buso bunini. Abari batunzwe n’uburobyi muri Karago bavuga ko ubu bitagishoboka. Ahagana saa tanu, BBC yasanze Bwanakweli Joseph ku kiyaga, avuga ko yahageze saa kumi n’ebiri n’igice za mugitondo n’indobo n’indobani, kureba niba hari icyo yaramura. Indobo ye nta kintu kirimo, indobani yayishyize mu mazi aracyategereje kugira icyo afata. Ati: “Cyarantunze, ariko amafi yabagamo yagiye apfa kubera gukama n’amasuri amanura ibyondo bikayica. Ubu nta kintu kikibonekamo ni ugupfa kuhicara umuntu ateregeje…” Bwanakweli avuga ko mbere muri iki kiyaga hazaga abakerarugendo bafite amato yabo mato bagatemberamo “ariko ubu ntibakiza”. Remy Norbert Dukuze wo mu kigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga umutungo kamere w’amazi avuga ko uku gukama kwatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ntangiriro z’uyu mwaka. Ati: “Imvura nyinshi yaguye mu kwezi kwa mbere n’ukwa kabiri yateye inkangu imanura itaka ryinshi cyane niryo ryaje rizanywe n’iyo migezi rifunga aho imigezi yinjirira mu kiyaga. Yongeyeho ngo “Bituma rero ishaka indi nzira ku ruhande hahandi huzura igitaka.” Dukuze avuga ko ubu hari ibikorwa byo kurwanya isuri ku misozi ikikije Karago birimo gutera ibiti no gukora imirwanyasurira kugira ngo barebe ko iki kiyaga yasubirana.


