Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze mu gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage bayibamo ( Crime Index), mu 2021 rwerekanye imijyi yo muri Afurika kuyibamo, biba bizwi ko bishoboka ko isaha iyo ari yo yose umuntu yagirirwa nabi. Numbeo itangaza ko mu kugena uko imijyi ikurikirana kuri iyi ngingo, yagiye ireba ibirimo: impungenge zo guhohoterwa, kwibasirwa, gutukwa, igipimo cy’ibyaha bikorwa, ubwiyongere bw’ibyaha mu gihe cya vuba, ubwambuzi, ubwicanyi, kwiyahura, uko umutekano wifashe muri rusange n’andi mabi. Uru rubuga ruvuga ko mu gukora urutonde yifashisha amakuru ya vuba yo mu mezi 36 ashize. Ivuga ko iyo ibyaha biri ku kigero kiri hagati ya 20% na 40% aho biba biri hasi, 40% na 60% bikaba bidakabije, 60% na 80% bikaba biri hejuru naho kuva kuri 80% bikaba biri hejuru cyane. Hagendewe ku byavuzwe haruguru, dore uko iyi mijyi ikurikirana muri Afurika y’Iburasirazuba 5. Kigali mu Rwanda: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 24.56% naho umutekano ukaba uri ku gipimo cya 75.44% 4. Addis Ababa muri Ethiopia:
3. Harare muri Zimbabwe: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 59.9% naho umutekano uri ku gipimo cya 40.10%
2. Nairobi muri Kenya: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 60.68% naho umutekano uri ku gipimo cya 39.32%.
1. Dar Es-Salaam muri Tanzania: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 61.69 naho umutekano uri kuri 38.31%
Numbeo ni urubuga rwizewe ruhurizwaho amakuru ku ngingo nyinshi ku bijyanye n’ubuzima, ibyaha, ibiciro n’irindi barurishamibare. Rwashinzwe na Adamovic Mladen mu 2009. Amakuru yarwo akunze kwifashishwa na UN, ibigo byayo nka FAO ndetse na Banki y’Isi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


