Imirwano ikaze yubuye i Bunagana, abaturage bahunze

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yubuye mu gace ka Bunagana muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo hagati y’ingabo za Leta (FARDC) n’inyeshyamba mu gihe abaturage bakomeje guhunga, bakajya ahandi mu gihugu, abandi bakajya muri Uganda.

Umutwe wa gisirikare Armee Nationale Congolaise (ANC) w’ umutwe wa politiki w’inyeshyamaba za M23, uravuga ko nta ruhare wagize mu iyicwa ry’abarinzi babiri ba pariki ya Virunga nk’uko bivugwa na Leta ya Congo.

Inkuru ya VOA ivuga ko ibi bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’igisirikare cya M23, Maj. Willy Ngoma.

Umunyamakuru wa VOA, Ignatius Bahizi, avuga ko iyi mirwano yatangiye ku cyumweru nijoro n’ubu ikaba ikomeje ndetse ubu aba barwanyi bakekwaho kuba aba M23 bigaruriye uduce dutandukanye hagati ya Rutshuru na Goma. Ubu barabarizwa mu duce twa Mwaro, mu birometero 40 uvuye i Goma.

Iyi mirwano kandi yarakomeye ku buryo yegereye pariki ya Virunga ari nabyo byatumye abarinzi babiri ba pariki bahagwa, ingingo ituma impande zombi ziri mu mirwano zitana bamwana.

Uyu munyamakuru yavuze ko amagana menshi y’Abacongomani yamaze kugera ahitwa Nyakabande mu Karere ka Kisoro muri Uganda, bahunze imirwano mu gihe abandi bahungiye mu gihugu imbere.

Umuvugizi w’igisirikare cya M23, Maj. Willy Ngoma nk’uko uyu munyamakuru Bahizi abivuga, yavuze ko ANC iyobowe na Gen Sultan Makenga mu gihe M23 nk’ishyaka rya politiki, riyobowe na Bertrand Bisimwa.

Aba barwanyi bavuga ko bamaze imyaka ine bavuye muri Uganda, bakaba bari bategereje ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bushyira mu bikorwa amasezerano y’ i Nairobi muri Kenya bari barasinyanye na Kabila Kabange Joseph.

Maj. Ngoma avuga ko ubu ANC ibarizwa mu bice bya Rutshuru ari naho ifite icyicaro, ahakana ko baba aribo bari mu mirwano kandi bategereje ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.

Hari amakuru ko Gen Makenga Sultan yavuye muri Uganda aho yari acumbikiwe atamenyesheje Leta ya Museveni. Iyi mirwano ikaba ituma abantu bibaza niba imishinga yo kubaka umuhanda muri ako gace kubuyemo imirwano itazakomwa mu nkokora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *