Imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23

Sangiza iyi nkuru

Imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, nyuma y’agahenge kari kamaze icyumweru.

Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, mu itangazo yasohoye yavuze ko M23 ari yo yatangije iyi mirwano nyuma yo gutera ibirindiro bitandukanye by’Ingabo za Congo.

Ibirindiro FARDC ivuga ko M23 yateye ni ibiri mu duce twa Mpati, Kabaya, Nyabibwe, Kadirisha, Rubare, na Nyamimanzu; twose two muri Chefferie ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi.

Uruhande rwa M23 ntacyo ruratangaza ku iyubura ry’iyi mirwano.

Ni imirwano yubuye mu gihe uriya mutwe uheruka gutangaza ko wafashe icyemezo cyo kuva mu duce twinshi wagenzuraga mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru turimo Karuba, Muremure, Nyamitima, Nkingo, Kagano, Kihuli (ku minara itatu) ndetse no mu nkengero zatwo.

M23 yari yasabye Ingabo za EAC ziri muri Congo ko zatujyamo akaba ari zo zitugenzura.

Ubuyobozi bw’uyu mutwe mu itangazo buheruka gusohora cyakora bwamaganye kuba Ingabo za Congo n’imitwe bakorana ari bo baheruka kwigarurira turiya duce. Wavuze kandi ko witeguye gukomeza kwirwanaho mu gihe cyose uzakomeza kugabwaho ibitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *