Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko intumwa ebyiri zonyine ari zo uheruka kohereza i Doha, aho uri kuganirira na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku wa 19 Kanama ni bwo uyu mutwe na Kinshasa basubukuye ibiganiro bamaze igihe bagirana, nyuma yo gusinyana amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara yashyizweho umukono ku wa 19 Nyakanga 2025.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, kuri uyu wa Gatanu yabwiye itangazamakuru ko intumwa ebyiri zoherejwe i Doha zagiye kuganira ku bijyanye n’agahenge ndetse no kurekura imfungwa gusa.
Yagize ati: “Twohereje itsinda ry’intumwa i Doha, ariko turagira ngo twerekane ko abaduhagarariye uko ari babiri umuryango wacu wabashinze gusa kuganira ku masezerano yo guhagarika imirwano no kurekura imfungwa.”
Yunzemo ati: “Ntabwo bahawe manda yo kuganira ku mushinga w’amasezerano y’amahoro watanzwe n’abahuza twemeza ko wakozwe na Guverinoma ya Congo.”
Bisimwa yashimangiye ko mu gihe agahenge kazaba kabonetse ndetse Leta ya RDC ikaba yamaze kurekura imfungwa 700 za AFC/M23 ifite ari bwo izindi ngingo zizaganirwaho.


