20260313_134750

Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi ku basirikare ba RDF bitegura kujya i Cabo Delgado 

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare ba RDF n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa i Cabo Delgado muri Mozambique.

Aba basirikare n’abapolisi bagomba kujya gusimbura bagenzi babo bari basanzwe bari muri ubwo butumwa.

Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi zatangiwe mu Kigo cya Gisirikare cya Kami mu karere ka Gasabo, ahari n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent B. Sano.

Maj. Gen Nyakarundi yibukije iryo tsinda ko inshingano zabo ari “ukurinda abasivili ibikorwa by’iterabwoba”, mbere yo kubasabaa “kuzaba intumwa nziza z’u Rwanda.”

Nyakarundi yashimangiye akamaro ko kugira imyitwarire myiza, gukorera hamwe no gukora kinyamwuga, abashishikariza gukomeza kwitanga batizigamye mu kazi kabo nk’uko abababanjirije babigenje.

U Rwanda rufite ingabo n’abapolisi i Cabo Delgado guhera muri Nyakanga 2021.

Ingabo zashoboye kwirukana ibyihebe mu turere dutandukanye twa Cabo Delgado, nyuma y’imyaka irenga itatu byaratwigaruriye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *