Itsinda ry’abantu rito cyangwa irinini rikora imyigaragambyo iyo hari icyabaye ritishimiye cyangwa se rishaka ko haba impinduka mu birifitiye inyungu. Gusa hari ubwo hakorwa imyigaragambyo, rimwe na rimwe ikagaragara nk’urwenya. Imyigaragambyo myinshi muri iyi, usanga igaragaramo imyitwarire idasanzwe ndetse n’ubutumwa butangaje buba bwanditse ku bibaho, ku mubiri no ku bitambaro.
Isi yagize amateka menshi mu myigaragambyo idasanzwe yagiye igaragara muri ‘rubanda’ cyane cyane mu banyeshuri ba kaminuza. Aha hari urutonde rw’iyi myigaragambyo:
Hagati y’amaguru ni ahanjye, si aha leta

Ni bumwe mu butumwa bw’abakoze imyigaragambyo muri Indonesia mu mpera za Nzeri 2019, nyuma y’aho Inteko ishinga amategeko y’iki gihugu yari yashyizeho itegeko rihana abakora imibonano mpuzabitsinda batarashaka.
Ingimbi n’abangavu bo muri iki gihugu biganjemo abanyeshuri bakoreye imyigaragambyo imbere y’inyubako y’inteko ishinga amategeko no mu yindi mijyi itandukanye, biba ngombwa ko abapolisi ikoresha ibyuka biryana mu maso, gusa habayeho guhangana gukomeye kuko nabo babateraga amabuye.
Ibitangazamakuru bikomeye muri Australia byasohoye impapuro ziriho ubusa

Mu Kwakira 2019 ni bwo ibitangazamakuru bikomeye muri iki gihugu byasohoye impapuro z’imbere zitanditsweho. Icyo gihe byasabaga ko inzego za leta zajya zibaha amakuru yitwa ‘amabanga’ mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’umunyamakuru ndetse n’itangazamakuru muri rusange. Byasabaga ko kandi abanyamakuru bahabwa ubwisanzure, ntibakomeze gufungwa bazira inkuru bakoze.
Kumena amaraso

Abaturage 50,000 barwanya guverinoma ya Thailand bigaragambirije imbere y’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Abhisit Vajjajiva mu murwa wa Bangkok, tariki ya 17 Werurwe 2010. Abigaragambije bivushije amaraso, buri wese ayashyira mu icupa ku buryo bose hamwe bakusanyije litiro 300, yose bayamena imbere y’ibi biro ndetse n’imbere y’ishyaka ryari ku butegetsi.
Gusomana
Mu mujyi wa Santiago muri Chile muri Nyakanga 2011, abanyeshuri ba kaminuza bakoze imyigaragambyo batewe n’uburezi budafite ireme bahabwa kandi bari bakomeje kwishyuzwa amafaranga y’ishuri menshi. Umukobwa n’umuhungu, umwe ku wundi mu banyeshuri 100 bigaragambije, basomaniye mu ruhame bafite ubutumwa bugira buti: “Urukundo ni ubuntu ariko uburezi si ko biri.”
Kwambara amakariso

Mu 2012, abanyeshuri bo mu ntara ya Quebec muri Canada bigaragambirije izamurwa ry’amafaranga y’ishuri. Iyi myigaragambo yageze no mu mijyi nka Montreal, bamwe mu bigaragambije bagera mu 250, bagaragara bambaye amakariso.



2 Responses
Imyigaragambyo itangaje yabaye mu bihe bya vuba
Ahaa ndumiwe kwambara ubux uri inkumi ugashyira ubwambure kugasozi ubucucu.com
Imyigaragambyo itangaje yabaye mu bihe bya vuba
Ahaa ndumiwe kwambara ubux uri inkumi ugashyira ubwambure kugasozi ubucucu.com