Umusirikare wa RDF yabaye umuntu wa gatatu wishwe na Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda Minisante, yatangaje ko kuri uyu wa 01 Nyakanga abantu 17 ari bo banduye Covid-19, hanaboneka umuntu wa gatatu mu Rwanda uhitanwe n’iki cyorezo. Uwa gatatu wahitanwe na kiriya cyorezo nk’uko Minisante yabitangaje, Ni “umusirikare wa RDF w’imyaka 51 wari mu butumwa mu mahanga wari usanzwe afite ubundi burwayi .” Uyu musirikare […]

Imyigaragambyo itangaje yabaye mu bihe bya vuba

_108957346__108927998_mediaitem108927997.jpg

Itsinda ry’abantu rito cyangwa irinini rikora imyigaragambyo iyo hari icyabaye ritishimiye cyangwa se rishaka ko haba impinduka mu birifitiye inyungu. Gusa hari ubwo hakorwa imyigaragambyo, rimwe na rimwe ikagaragara nk’urwenya. Imyigaragambyo myinshi muri iyi, usanga igaragaramo imyitwarire idasanzwe ndetse n’ubutumwa butangaje buba bwanditse ku bibaho, ku mubiri no ku bitambaro. Isi yagize amateka menshi mu […]

Uganda yiteguye kwakira impunzi 3000 z’Abanyekongo

Leta ya Uganda igiye gufungurira umupaka impunzi zigera ku 3000 z’abanyekongo zimaze igihe kirenga gato ukwezi zikambitse ku mupaka wa Bunagana uhuza ibihugu byombi. Ni nyuma y’aho hadutse ubushyamire hagati y’ingabo za kongo n’imitwe irwanira mu burasirazuba bwayo. BBC ivuga ko impamvu nyamukuru yateye Uganda kubuza abo Banyekongo kwinjira muri Uganda ahanini zishingiye ku kuba […]

EALA yategetse ibihugu bya EAC kwihutira gutanga umusanzu wa 2020/2021

Inteko y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, EALA yahamagariye ibihugu byose bigize Umuryango wa EAC kwihutira gutanga umusanzu wabyo ari na wo ugomba kuzakoreshwa mu ngengo y’imari uzakoresha muri uyu mwaka wa 2020/2021. Uyu ni umwanzuro wafatiwe mu nteko rusange y’abadepite bagize uyu muryango yabaye tariki ya 29 Kamena 2020, igamije kwiga ku itegurwa ry’ingengo y’imari y’umwaka […]

Kwizera Olivier yerekeje muri Rayon Sports

Kwizera Olivier wari umuzamu w’ikipe ya Gasogi United yamaze gutandukana na yo yerekeza muri Rayon Sports yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri. Uyu musore usanzwe anakinira ikipe y’igihugu Amavubi, yerekeje muri Rayon Sports yari imaze igihe iganira na yo kugira ngo ajye gusimbura Kimenyi Yves wamaze kwerekeza muri Kiyovu Sports. Olivier yasinyiye Rayon Sports, mu gihe muri […]

Sudani: Bongeye kubura imyigaragambyo bashaka gutegekwa n’abasivili

Kuri uyu wa Kabiri, imyigarambyo yongeye kubura muri Sudani , aho abigaragambya basaba ingabo z’afashe ubutegetsi gushyiraho vuba guverinoma yiganjemo abasivili. Umuvugizi wa Guverinoma ya Sudani akomeza avuga ko ibihumbi by’abigaragambya byari mu murwa mukuru Khartoum n’indi mijyi nka Omdurman. Mu magambo yagarukwagaho n’abigaragambya, yiganjemo abasaba akanama ka gisirikare kayoboye kwihutisha amatora no gushyiraho guverinoma […]

Rwanda: Urugendo rw’ubwigenge bw’ingoma nkoloni y’Abadage n’Ababiligi

Amateka y’ubukoloni muri Afurika ahanini atangirira mu nama yiswe iya Berlin, yabaye hagati y’1884 n’1885 itumijwe n’uwari Shanseriyeli w’u Budage, Otton Von Bismark. Zimwe mu ngingo nyamukuru iyi nama yibanzeho harimo kugabana umugabane wirabura wari uzwiho kugira ubukungu bwinshi munsi y’ubutaka. Hagendewe kuko ibihugu byarushanwaga ijambo, hagabanwe ibihugu by’Afurika, imbibi zari zisanzwe zitandukanya ibihugu zirahinduka, […]

Rusizi: Abiganjemo abakarani bigaragambije nyuma yo kwizezwa ibyo kurya ntibabibone

Abaturage biganjemo abakora akazi ko kwikorera imizigo bo mu kagari ka Kamashangi, mu murenge wa Kamembe w’akarere ka Rusizi, bakoze igisa n’imyigaragambyo bamagana kuba barijejwe guhabwa ibyo kurya ariko ntibabibone. Abakoze igisa n’imyigaragambyo ni abagezwiho ingaruka na gahunda ya Guma mu rugo kugeza magingo aya igikomeje mu karere ka Rusizi, bari bijejwe guhabwa ibyo kurya […]

Burundi : Perezida Ndayishimiye yanenze abatemera ibyavuye mu matora

Perezida w’u Burundi Evaliste Ndayishimiye yasabye abarundi gucyeza ubuyobozi buriho, anenga abantu abatemera ibyavuye mu matora. Ibi Perezida Ndayishimiye yabivuze mu nama yahaye abarundi ubwo yasozaga ijambo rye rigendanye n’uyu munsi wo kwibohora. Yagize ati” Abantu barwanya ibyashyizwe hanze n’urwego rubishinzwe mu matora, ntaho baba batandukaniye n’abarwanya ukwibohora na demokarasi by’u Burundi.’ Muri iri jambo,Perezida […]

Donald Trump arahigishwa uruhindu na Iran, azafatwa?

Nyuma y’amezi atanu umusirikare mukuru muri Iran, Gen. Qassem Soleimani arasiwe i Baghdad n’ingabo z’Amerika, ubuyobozi bukuru bw’igihugu cye bwashyizeho impapuro zita muri yombi Perezida Donald Trump kuko ari we wategetse ko uyu mujenerali yicwa. Ibi bisa n’umwambi uhindukiriye umuhigi kuko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari zo zisanzwe zishyiriraho ibihano ibihugu n’abategetsi bakomeye, ndetse zigashyiraho […]

Ku munsi nk’uyu mu 1997: Hong Kong yasubijwe u Bushinwa

Hari mu birori byabaye mu ijoro ryo ku munsi nk’uyu byari byitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair, igikomangoma cya Wales Charles, Perezida w’u Bushinwa Jiang Zemin ndetse n’umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Madeleine Albright, Hong Kong isubizwa u Bushinwa. Ni nyuma y’uko ibihumbi by’abanya Hong Kong byari bimaze iminsi byigaragambya bisaba ko […]

Ba ‘local defense’ ni babi kurusha Covid-19_Kizza Besigye

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Dr. Kizza Besigye avuga ko urwego rw’umutekano rwa ‘Local Defense’ rukorera iki gihugu ari rubi cyane kurusha icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi. Dr. Besigye atangaje aya magambo nyuma y’imyitwarire idahwitse imaze igihe iranga uru rwego, cyane cyane mu gihe cyo gukaza ingamba zo kurwanya Covid-19. Uyu munyapolitiki yababajwe cyane […]

Lionel Messi yabaye umukinnyi wa karindwi utsinze ibitego 700

Umunya-Argentine Lionel Messi, yaraye atsinze igitego cya 700 nk’umukinnyi, yinjira mu bakinnyi mbarwa babashije kugeza kuri ibyo bitego mu mateka y’umupira w’amaguru. Hari mu mukino w’umunsi wa 33 wa Shampiyona ya Espagne FC Barcelona akinira yanganyijemo ibitego 2-2 na Atletico Madrid. Ni umukino wabonetsemo penaliti eshatu, zirimo ebyiri zahawe Atletico Madrid zikinjizwa na Saùl Niguez, […]