Imyitwarire ya Mourinho mu kibuga nta zindi ngaruka mbi yamugizeho

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’uburayi ryatangaje ko nta bindi bihano rizaha umutoza w’ikipe ya Manchester United, Jose Mourihno.
NI nyuma y’aho ahanwe n’umusifuzi kubera imyitwarire yamuranze ku mukino wabahuje na Southampton.
Hari ku munsi wa 6 w’imikino ya shampiyona mu Bwongereza, ubwo yinjiraga mu kibuga nyuma y’aho ikipe ye yarimaze gutsinda Southampton igitego 1 — 0, ku kibuga cya St Mary.
Umusifuzi Craig Pawson yahise amuhanisha kujya kure y’aho abakinnyi bakinira. Abenshi mu bakurikiranira hafi ibya ruhago bari biteze ko FA iha uyu mutoza ibindi bihano byiyongera ku byo umusifuzi yamuhaye, ariko birangira ntabyo ahawe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abari bategereje ibindi bihano bifatirwa Mourihno, bari babihereye ku kuba mu marushanwa y’umwaka ushize yigeze guhanishwa guhagarikwa imikino 2 adatoza nyuma y’amakosa asa n’ayo yakoze ku mukino wa Southampton.
Jean de Dieu Dushimimana — bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *