Indege ya Kompanyi Ethiopian Airlines yari itwaye abantu 90 yagize ikibazo cya tekiniki ubwo yageraga mu kirere imwe moteri yayo imwe igafatwa n’inkongi y’umuriro.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 767 yavaga i Dakar muri Senegal ijya Addis Abba muri Ethiopia nk’uko AFP ibitangaza.
Umuvugizi w’iyi Kompanyi, Tidiane Tamba yavuze ko iyi ndege ari bwo yari ikiva ku kibuga cy’indege, umupilote wayo asaba ko yasubira ku kibuga byihuse ,
Tamba nta byinshi yashatse gutangaza gusa iyi ndege yageze hasi yamaze gushya imwe muri moteri zayo.
Yavuze ko abagenzi n’abakozi nta n’umwe wagiriye ikibazo muri iki gikorwa.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Muri Werurwe indege ya Ethiopian Airlines yo mu bwoko bwa Boeing Max 737 yakoze impanduka yica abagera 157 harimo n’Umunyarwanda, Musoni Jackson.


