20241224_110002

Indege ya Tshisekedi yananiwe kugwa 

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Mbere yananiwe kugwa ku kibuga cya Kananga, kubera ikibazo cy’ikirere kibi.

Tshisekedi yagombaga kugirira uruzinduko mu ntara za Kasai yo hagati, Kasai na Kasai y’Iburengerazuba; gusa arwimurira kuri uyu wa Kabiri kubera imvura nyinshi.

Perezidansi ya RDC yemeje aya makuru mu itangazo umuyobozi wayo yanyujije ku rubuga rwa X.

Gutinza uru ruzinduko bije mu gihe urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere bwa Congo rumaze igihe rurangwamo ibibazo; ku buryo mu gihe cy’imvura ingendo zo mu kirere zikunze guhagarara.

Zimwe mu mpamvu zituma uru rwego rugira ibibazo zirimo ubuke bw’ibikorwa remezo ndetse n’ikoranabuhanga ritakigezweho rikoreshwa ku bibuga by’indege bitandukanye.

Nk’ikibuga cy’indege kizwiho kutagira imiferege itwara amazi ihagije na za radar ziyobora indege ziciriritse, ku buryo mu gihe cy’imvura biba bigoye kukigwaho.

Kuri ubu abatuye mu gice cy’intara za Kasai bizeye ko uruzinduko rwa Tshisekedi rushobora gusiga basezeranyijwe ibikorwa remezo birimo imihanda isanzwe ari ikibazo muri kiriya gice.

Ni Tshisekedi ku rundi ruhande byitezwe ko agomba kubasaba gushyigikira umushinga we wo guhindura itegeko nshinga rya RDC.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *