Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparent International Rwanda), Madamu Ingabire Immaculée atewe n’impungenge n’ubuke bw’ingamba igihugu kiri gufata mu gukumira icyorezo cya Coronavirus.
Muri iki gihe, Isi ihangayikishijwe n’iki cyorezo kimaze gutwara ubuzima bw’abantu bakabakaba 12,000 naho abarenga 284,000 bamaze kucyandura nk’uko World Ometers babitangaje kuri uyu wa 21 Werurwe 2020.
Iki cyorezo cyagaragaye bwa mbere mu Bushinwa, gifata abarenga gato 81,000 gusa ubu aho bigeze igihugu gihangayikishije cyane ni Ubutaliyani kuko mu gihe kimaze kigezemo, abaturage babwo barenga 4000 bamaze gupfa, bamaze kurenga ab’Ubushinwa kuko bo babarirwa mu 3200.
Intandaro y’uyu mubare munini mu Butaliyani harimo gufata ikibazo nk’icyoroshye nk’uko Madamu Ingabire yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, bityo ngo atewe impungenge “n’uko tuzibuka gufunga ahantu hose abantu benshi bahurira tugeze ku mibare nk’iyo muri Italy.”
Bimwe mu biteye impungenge
Ingabire ngo yatunguwe n’uburyo abantu bitwara wagira ngo “nta cyabaye”. Ashingira ku rugendo aherutse kugirira mu Karere ka Rubavu, ubwo ku mupaka muto (Petite Barrière). Ati “ Hari hacucitse abantu biganjemo abagore n’abana ngo babujijwe kwambuka bajya i Goma. Nta mazi yo gukaraba ari aho ngaho,… bababujije kwambuka gusa, ba bandi basanzwe bambukira kuri jeto.”
Ngo aba baturage basabaga ko bakwambuka bakajya gucuruza, kuko n’ubundi nibatambuka, inzara izabica. Ati: “ Ntabwo bazi ko Coronavirus ari ikibazo cyugarije Isi yose.”
Ingabire ageze muri Nyabugogo, naho asanga hakiri ikibazo cy’urujya n’uruza, ibikoresho byo gukarabiramo abantu babikoresha uko biboneye, nta muntu wo kuberekera.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye abafite utubari mu migi ko bajya badufunga bitarenze saa tatu z’ijoro, abadufite mu duce tw’icyaro, bo badufunga bitarenze saa moya z’umugoroba. Ingabire avuga ko hakiri ikibazo cy’isuku, aho tumwe mu tubari ahantu henshi tudafite aho gukarabira.
Uyu muyobozi ati: “Uzi ko n’Ubutaliyani babanje gukerensa kiriya cyorezo kandi wabonye iminsi umuntu akimarana.” Yatanze urugero rw’Umunya-Swede winjiye mu Rwanda tariki ya 3 Werurwe 2020, byemejwe ko afite Coronavirus kuri uyu wa 20 Werurwe, yibaza uburyo hazapimwa abantu bose bahuye muri iki gihe.
Igikwiriye gukorwa
Ingabire abona ko ahantu hateye impungenge cyane ari hatatu: mu tubari, mu ngendo z’imodoka ndetse no mu masoko.
Yavuze ko abona ko utubari twafungwa, ingendo z’imodoka rusange zihagagarikwa, amasoko agafungwa, hagasigara abacuruza ibiribwa, ingendo z’amaguru zitari ngombwa zikagabanyuka ndetse hagakomeza kwimakaza isuku. Avuga ko banga gufata ingamba zikakaye hakiri kare, bakazazifata igihugu cyabaye nko mu Butaliyani.
Uko Coronavirus ihagaze mu Rwanda
Tariki ya 14 Werurwe 2020 ni bwo Ministeri y’Ubuzima yemeje ko mu Rwanda hagaragaye umurwayi wa mbere wa Coronavirus, ufite ubwenegihugu bw’Ubuhinde. Uko iminsi yagiye ikurikirana yakomeje gutangaza imibare mishya nyuma y’ibyavuye mu bizamini byakorewe muri laboratwari y’Igihugu. Kuri uyu wa 20 Werurwe, yatangaje ko abarwayi b’iki cyorezo mu gihugu bamaze kuba 17, ubwo hemezwaga abashya batandatu.
Hafashwe ingamba zitandukanye gukumira iki cyorezo muri buri nzego, iyi Minisiteri ikaba ikomeje gusaba Abanyarwanda kubahiriza amabwiriza yo gukumira iki cyorezo nko kwimakaza umuco w’isuku.
Isaba kandi ko umuntu ugaragayeho ibimenyetso nk’ibya Coronavirus birimo umuriro n’inkorora ko yahamagara umurongo utishyurwa wa 114 cyangwa se akagana umujyanama w’ubuzima umwegereye.



8 Responses
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Nange ndemeranya nawe 100% turajenjetse cyane kandi ibyumweru 2 gusa byasiga hari uko duhagaze byaba na ngombwa bigakomeza ariko ubuzima bw abantu bukarengerwa!
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Nange ndemeranya nawe 100% turajenjetse cyane kandi ibyumweru 2 gusa byasiga hari uko duhagaze byaba na ngombwa bigakomeza ariko ubuzima bw abantu bukarengerwa!
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Nange ndemeranya nawe 100% ko ingamba zafashwe zidahagije! Ubu umuntu ucuruza imyenda adakoze mugihe runaka twaba iki? Hakwiriye ingamba zitajenjetse kuko iki kibazo ni ingutu!
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Nange ndemeranya nawe 100% ko ingamba zafashwe zidahagije! Ubu umuntu ucuruza imyenda adakoze mugihe runaka twaba iki? Hakwiriye ingamba zitajenjetse kuko iki kibazo ni ingutu!
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Uyu mubyeyi ibyavuze nukuri 100% ejo narebaga ukuntu mu maresitora y’inyamirambo abantu bacucitse ngera mubiryogo ndeba ahahurira abantu banywa ikawa ndumirwa igitangaje nuko hari abo nagiraga inama ukabona ntibakeneye kukumva… simvuze mutubari n’amasoko muriza gare mu mamodoka yabagenzi… Birababaje. Thanks bwiza.com thanks mubyeyi Immaculee thanks bayobozi bacu.
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
Uyu mubyeyi ibyavuze nukuri 100% ejo narebaga ukuntu mu maresitora y’inyamirambo abantu bacucitse ngera mubiryogo ndeba ahahurira abantu banywa ikawa ndumirwa igitangaje nuko hari abo nagiraga inama ukabona ntibakeneye kukumva… simvuze mutubari n’amasoko muriza gare mu mamodoka yabagenzi… Birababaje. Thanks bwiza.com thanks mubyeyi Immaculee thanks bayobozi bacu.
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
dufate ingamba zikakaye
pe.
Ingabire Immaculée atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus
dufate ingamba zikakaye
pe.