Ingabo z’u Burundi zambariye kurwanya M23

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi zambariye kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hashingiwe ku masezerano ubutegetsi bw’iki gihugu bwagiranye n’ubwa Repubulika ya demukarasi ya Congo.

Tariki ya 8 Nzeri 2023 byavuzwe ko izi ngabo ziri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo zahawe impuzankano z’iza RDC, izo zari zisanganwe zisubizwa mu kigo cya gisirikare cya Gatumba. Icyari kigambiriwe ntabwo cyahise kimenyekana.

Radio Inzamba Agateka kawe iravuga ko yahawe amakuru n’abasirikare bavuga ko nyuma y’aho aba basirikare bakorera ku masezerano yitwa TAFOC, batayo ya 6 n’iya 7, bahinduriwe impuzankano, boherejwe kurwanya M23 muri Kivu y’Amajyaruguru.

Umusirikare uri muri batayo yoherejwe muri ubu butumwa yagize ati: “Abarundi bahinduriwe misiyo, bajyanwa i Goma gufasha Leta ya Congo kurwanya M23. Aba mbere bagiye bambaye sivili, aba kabiri bagenda bambaye imyambaro y’igihugu cya Congo.”

Bivugwa ko izi batayo ebyiri zageze i Goma mu byumweru bibiri bishize. Indi ngo yagombaga kugera muri uyu mujyi kuri uyu wa 30 Nzeri 2023.

Kuva amakuru yo guhindura impuzankano kw’ingabo z’u Burundi yavugwa, ntacyo ubuvugizi bwacyo buravuga. Na Leta ubwayo ntacyo iravuga, gusa amarenga y’uko hari ibanga ibihugu byombi byaba bifitanye yaciwe ubwo ingabo zabwo ziri mu butumwa bwa EAC zatangaga agace ka Mushaki zari zarahawe na M23.

Amasezerano ya TAFOC yashyizweho umukono mu mwaka ushize. Ubusanzwe yari ay’ubufatanye mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Kivu y’Amajyepfo. Izi mpinduka zose zibaye nyuma y’aya masezerano yavuguruwe muri Kanama 2023 ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye n’abayobozi bari bamuherekeje bari i Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ingabo z’u Burundi zambariye kurwanya M23
    Ariko se buriya ingabo z’uburundi zirashoboye kurusha FDRL? Nibagerageze ariko ntibazakandaho

  2. Ingabo z’u Burundi zambariye kurwanya M23
    Em23 ndayifana ntanubwo bazayishobora uwangezayo ese ubundi ahobayirwanyijebazagezaryari nibachakebatuzepe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *