Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai mu guhangana n’uwa Red Tabara urwanya ubutegetsi bw’iwabo washinze ibirindiro muri Uvira na Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ho muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
SOS Media yatangaje ko yageze muri Fizi na Uvira,iganira na bamwe mu barwanyi b’iyi mitwe yo muri RDC. Umwe muri bo yavuze ati: “Banyura mu kiyaga cya Tanganyika, bagakomereza Kingongo na Makabola. Turabayobora, nabo bakaduha intwaro.”
Iki gitangazamakuru cyigenga kivuga ko mu mezi yashize, umutwe wa Mai Mai Mutetezi Kibukila ndetse na Mai Mai Rene yafashije ingabo z’u Burundi guhiga bukware abarwanyi ba Red Tabara ahitwa Masango. Icyo gihe ngo yahawe intwaro, ibiturika ndetse n’amadolari y’Amerika 2000.
Ngo uretse ibyo kandi, iyi mitwe ifatanya n’ingabo z’u Burundi ikorera inama mu Burundi. Abarwanyi bayo, nabo bavurirwa muri icyo gihugu, iyo bikomeye.
Ingabo za leta y’u Burundi zavuzweho cyane kwinjira ku butaka bwa RDC zinyuze mu zinyuze mu Majyaruguru y’u Burengerazuba. Icyo gihe ibitangazamakuru byavuze ko izi ngabo zikunze kwambuka umugezi wa Rusizi, zikajya kurwanya imitwe nka Red Tabara.
Uretse gutangazwa n’abaturage, nta buyobozi bw’u Burundi bireba bwigeze buvuga kuri aya makuru kugeza ubwo tariki ya 1 Gicurasi 2020, SOS Media yatangaje ko Perezida wa RDC, Felix Tshisekedi yavuganye na Pierre Nkurunziza ku wa 30 Mata, bemeza ko izi ngabo zigomba kuba zavuye kuri ubwo butaka mu masaha 48. Hashize iminsi itatu, byatangajwe ko izi ngabo zatangiye kuva muri RDC, zisubira mu birindiro byazo mu Ntara ya Cibitoke.


