Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch uremeza ko ingabo za Eritrea mu Ugushyingo umwaka ushize zishe amagana y’abaturage bo mu Ntara ya Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia.
Raporo ya HRW yasohowe kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Werurwe yari ubusesenguzi bwa kabiri bwagutse ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi byakozwe n’ingabo za Eritrea mu Mujyi wa Axum, ahantu ndangamurage hemejwe na UNESCO mu cyumweru gishize.
Iperereza rya Amnesty International kuri iki kibazo rigaragaza neza uko ingabo za Eritrea zishe mu buryo bwateguwe neza amagana y’abasivili mu buryo bw’ubugome ndengakamere.
Ibi bije mu gihe umuryango mpuzamahanga ukomeje kugaragaza impungenge ku bugizi bwa nabi bwakozwe na Eritrea muri Tigray.
Abayobozi mu Muryango w’Abibumbye kuwa Kane banashinje Abanya-Eritrea ibyaha bishoboka byibasiye inyokomuntu ndetse banabasaba kuva muri Tigray. Ni mu gihe Leta ya Ethiopia ndetse n’iya Eritrea zose zihakana ko Abanya-Eritrea bafite uruhare mu bibera muri Tigray.
Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020 nibwo Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yatangaje ibitero bya gisirikare ku buyobozi bw’ishyaka TPLF (Tigray People’s Liberation Front), ryari ku butegetsi muri Tigray, avuga ko ari ugusubiza ibitero bya TPLF ku bigo by’ingabo za Ethiopia.
Nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera yibutsa, ingabo za Ethiopia n’iza Eritrea zinjiye mu Mujyi wa Axum ku itariki 20 Ugushyingo nyuma yo kubanza kuhasuka imvura y’ibisasu yahitanye abasivili nk’uko byatangajwe na HRW kuri uyu wa Gatanu.
Bivugwa ko Abanya-Eritrea ubwo bahise batangira ibikorwa byo gusahura mu gihe ingabo za Ethiopia zareberaga.
Umwe mu baturage babibonye ati “ Nabajije umusirikare umwe, kuki ntacyo urimo gukora, uri Umunya-Ethiopia kandi turi muri Ethiopia, muri kwemerera Abanya-Eritrea gukora ibi?”
Undi mu kumusubiza yagize ati “Dukeneye amabwiriza avuye hejuru.”
Ubwicanyi Abanya-Tigray bakorewe rero ngo bwatangiye ku itariki 28 Ugushyingo ubwo inyeshyamba zo muri Tigray ziri kumwe na bamwe mu baturage baho bateraga abasirikare ba Eritrea nk’uko HRW ivuga.
Nyuma yo guhamagaza ‘umusada’ Abanya-Eritrea batangiye guca mu mujyi, bagenda inzu ku yindi, bashaka abasore n’abagabo bakiri bato bakabica.
Kimwe na Amnesty, HRW ivuga ko bitayishobokeye kumenya umubare nyawo w’abapfuye ariko ko igereranyije “bishoboka ko abasivili barenga 200 bishwe ku ya 28-29 Ugushyingo honyine”.
Ibyo byatuma ubwicanyi bwa Axum buba bumwe mu mahano yaguyemo abantu benshi icya rimwe mu makimbirane hagati ya Ethiopia na Tigray kugeza ubu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ingabo za Eritrea zirashinjwa kwica Abanya-Tigray amagana
Baramaze!ubwirasi n’ubwibone bw’abanatigray nibyo byabakozeho
Ingabo za Eritrea zirashinjwa kwica Abanya-Tigray amagana
Baramaze!ubwirasi n’ubwibone bw’abanatigray nibyo byabakozeho